Huye : Umuryango wasenyewe n'ibiza wubakiwe inzu yo kubamo

Huye : Umuryango   wasenyewe n'ibiza  wubakiwe  inzu  yo  kubamo

Abakorerabushake ba Croix Rouge y’u Rwanda, bakorera mu karere ka Huye bubakiye  inzu yo  kubamo umuryango  wari  warasenyewe  n’ibiza  ukab  utagiraga  aho  kuba. Ibi byakozwe  muri  gahunda basanzwe  bafite yo gutabara abari mu kaga kugira ngo nabo bagire ubuzima bwiza bubereye ikiremwamuntu.

Umuryango  w’uwitwa Manishimwe  Placide  utuye  mu kagari  ka Gisagara, akagari ka  Shyembe  umurenge  wa Maraba  mu karere  ka  Huye , niwe  wubakiwe  inzu  n’abakorerabushake  ba  Croix-Rouge, nyuma  y’uko  inzu  babagamo  isenywe  n’ibiza  mu mwaka  wa 2021 kuko  bari batuye  mu manegeka.

Uyu  muryango  ubarizwa  mu cyiciro  cya  2 cy’ubudehe  ubukene  urimo  ngo  ubuterwa  ahanini  nuko  babyaye umwana  ufite  ubumuga  bw’ingingo , bityo umugore    akaba  nta  kintu  yakora  cyamuzanira  amafaranga  kuko  umwanya wose  aba  afite  awumara  arimo  kumwitaho.

Kuri  bo  ngo  nta  bushobozi  bari bafite  bwo  kwiyubakira inzu  yo  kubamo. Manishimwe  ashimira  Croix-Rouge  yamenye  ibibazo  bye ikiyemeza kumutera inkunga yo kumwubakira none akaba  asezereye amanegeka, agatura  ku mudugudu  nk’abandi.

Ati”Ndashimira Croix Rouge ndetse n’ubuyobozi bw’umurenge wamenyekanishije ikibazo cyanjye ubu nkaba nanjye nubakiwe.  Ubu mvuye mu buzima bubi ngiye kubaho ntanyagirwa n’umuryango wanjye”.

Yongeraho ati:’’aha ntujwe hari ibikorwaremezo by’amajyambere, amashanyarazi ndetse n’amazi nayo dore ari kutwegerezwa, ubu rero nta kabuza nanjye bizangeraho bidatinze. Mbese, turabashimiye pe!’’

Murengerantwali Ildephonse umwe mu bakorerabushake ba Croix Rouge baganiriye na heza.rw, avuga ko nyuma yo gucengera amahame agenga umuryango wa Croix Rouge, we na bagenzi be bakorana biyemeje gukora ibikorwa by’urukundo k’uwo babona abikeneye wese. Ibiintu bafata nk’igikwiye kuranga umuntu uwo ari we wese ufite umutima wa kimuntu.

 Ati”Croix Rouge idusaba kugirira neza uwo ari we wese nta robanura, cyane cyane ubabaye kuko nyine ari we uba akeneye iyo neza kurusha abandi.  Ubu bufasha rero tubutanga tutiganda kuko ni ibintu byamaze kuducengera dukora dukunze’’.         

Umuhuzabikorwa Croix Rouge y’u Rwanda mu turere twa Gisagara na Huye,  Muyenzi Robert avuga ko bihaye  intego  yo kunganira abafite ibibazo bikabije. Yagize ati:’’Iyi ni gahunda twihaye yo kunganira abantu bafite ibibazo bikabije. Ubusanzwe abantu batwibeshyaho ko Croix Rouge ikoresha ubushobozi bwinshi mu mafaranga, ariko si ko biri. Nk’iyi nzu twubatse  ivuye mu mbaraga n’urukundo by’aba bakorerabushake ba Croix Rouge, uretse isakaro twahawe ku bufatanye na Croix Rouge y’Ububiligi mu ntara ya Flandre. ‘’

Muyenzi akomeza avuga ko ibi bikorwa babikomeje, kuko bagifite n’indi nzu bazasoza mu cyumweru gitaha. Ati:’’ibi ni ibikorwa dukomeyeho kandi dukomeje, ubu nakubwira ko iyi nzu, igikoni  n’ubu bwiherero twabyubatse uyu munsi gusa, mu cyumweru gitaha kandi nabwo tuzaba twujuje indi’’.

Umuyobozi w’akarere ka Huye wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Kankesha Anonciata wari wifatanyije n’aba bakorerabushake muri iki gikorwa cyabo cyo kugoboka abatishoboye, yashimye uruhare Croix Rouge igira mu bikorwa byose byo gufasha abari mu kaga mu karere ka Huye, abasaba gukomeza kubunganira muri gahunda zihari zo gukura abaturage batishoboye mu manegeka, ndetse no mu zindi gahunda zigamije imibereho myiza yabo.

Yagize ati:’’turashima uruhare rwanyu nka Croix Rouge, kuko muri abafatanyabikorwa beza mu iterambere rya Huye kandi rwose mukomereze aho. Umusanzu  wanyu nk’ubuyobozi turawubona, kandi twizeye ko muzakomeza”.

Croix Rouge isanzwe igaragara muri gahunda zitandukanye zifasha abaturage ziganjemo iz’ubutabazi, kurengera ibidukikije n’izindi. Muri uyu mwaka w’ingengo y’imari dusoza, mu karere ka Huye Croix Rouge yateye ibiti bitandukanye, itanga amahugurwa ku mashuri 20, muri gahunda yo kubashishikariza kwirinda ibiza ndetse inagoboka abahuye n’ibiza . Ibi byose bikaba bifite agaciro ka miliyoni zisaga 60 z’amafaranga y’u Rwanda.

Iyi nzu yuzuye kuri uyu munsi igashyikirizwa umuryango utishoboye yuzuye  itwaye asaga miliyoni imwe n’ibihumbi magana abiri by’amafaranga y’u Rwanda.

Muyenzi Robert umuhuzabikorwa wa Croix-Rouge muri Huye  na  Gisagara, avuga  ko ibikorwa  bikomeje

Abakoranabushake  ba  Croix-Rouge  bari  bitabiriye  igikorwa  cyo kubakira  umuryango  wa Manishimwe  Placide  wari  warasenyewe  n'ibiza.

Usibye  kubakirwa  inzu uyu muryango  wubakiwe  n'ubwiherero.

MUNYENGABE Theodomire/Heza.rw