Amajyepfo : Hatangijwe umushinga witezweho gukundisha abakiri bato gusoma

Amajyepfo : Hatangijwe umushinga witezweho gukundisha abakiri bato gusoma

Umushinga Uburezi iwacu ni umushinga  watangijwe mu ntara y’Amajyepfo kuri uyu wa gatatu tariki 27 Mata 2022, ukaba ugamije gufasha abana  kumenya gusoma  no kubikunda bakiri bato, kuko uzatangirira  ku bana bari hagati  y’imyaka itatu n’itanu.

Guverineri w’intara y’Amajyepfo  Kayitesi Alice avuga ko uyu mushinga ari mwiza, kuko uzafasha  abana kumenya gusoma  no kubibakundisha bakiri bato ariko bakabikora  bari mu miryango  yabo, aho bazajya bafashwa n’ababyeyi babo.

Agira ati’’ubundi wasangaga abana batabyitabira cyane cyangwa batabikunze ariko ikindi ni ukuzasomera mu ngo n’aho batuye atari ku ishuri gusa,uyu mushinga ni uwacu mu ngo, mu miryango ni twe tuhaba nk’abayobozi, ubundi byari bigoye ko ubona umwana w’imyaka irindwi umunani azi gusoma neza akaba yabona icyapa akagisoma, akamenya ubutumwa gitanga, akaba yafata igitabo akagisoma.’’

Guverineri Kayitesi Alice avuga ko uyu mushinga uzanatuma hari ibyuho bafunga

Guverineri Kayitesi kandi akomeza avuga  ko uyu mushinga uzatuma  hari n’ibyuho  byari bihari bazafunga. Ati’’Ariko noneho ko tugiye kubakundisha uwo muco kandi bihereye mu miryango,biranumvikana ko hari ibyuho tuzafunga ese umubyeyi afasha umwana ate amasomo iyo ari ku ishuri, iyo ari mu rugo, birumvikana ko umwana namenya gusoma neza n’amasomo yo ku ishuri azayatsinda neza.’’

Mutabaruka Innocent ushinzwe porogaramu mu muryango utegamiye kuri Leta wa Word vision mu Rwanda, ari nawo wamuritse  uyu mushinga Uburezi iwacu, avuga  ko uyu mushinga  uzita cyane ku burezi ariko buzakorerwa mu muryango mu rugo n’aho abantu batuye.

Mutabaruka  avuga  ko ubusanzwe  abana bajyaga basomera  ku mashuri  ariko ubu ngo bagiye kujya  basomera no mu rugo, kandi bakaba bazanabaha imfashanyigisho zo kubibafashamo.

Ati’’Tuzajya dukora amahugurwa ku babyeyi batazi gusoma, bityo bafashe abana babo kuko ikigamijwe ni ukugira ngo wa mwana agire umufasha mu rugo , ababyeyi  rero nta kintu  gifatika  nk’amafaranga  y’insimburamubyizi tuzabaha,icyo tuzabafasha ni ukubaha imfashanyigisho kugira ngo be kugorwa no  kubona ibyo bifashisha bafasha abana gusoma  bari mu miryango mu rugo iwabo’’.

Habyarimana Daniel umuyobozi w’ishami ry’uburezi mu karere ka Muhanga, avuga ko uyu mushinga uje ari ingirakamaro ku burezi bw’abana, kuko uzunganira ubumenyi bahabwa mu marero no ku ishuri, bityo bigafasha abana kongera ubumenyi.

Ati’’ Cyane cyane uzafasha abana bo mu byaro, kuko akenshi wasangaga  bava ku ishuri  ibyo bize bikaba birarangiye ariko azajya agera mu rugo anakomeze gusoma’’.

Umushinga Uburezi iwacu uzamara  imyaka itanu, ukaba uzashyirwa  mu bikorwa  na world vision ifatanyije  n’Imbuto foundation  na Humanity inclusion. Usibye kuba  abana bazajya bahabwa ibitabo byo gusoma,  bazajya banahabwa ibikinisho  bizajya bibafasha gukina  ariko baniga.

Ni umushinga uzakorerwa mu turere 30 ariko ukazibanda cyane mu turere 12, twagaragayemo ko gahunda yo gusoma  ku bana ikiri hasi cyane. Mu ntara y’Amajyepfo hakaba harimo akarere ka Nyanza, Ruhango, Huye na Gisagara.

Abayobozi b'uturere  mu ntara y'amajyepfo, abayobozi  bungirije bashinzwe imibereho myiza n'abakozi bashinzwe uburezi  n'ubuzima  bari bitabiriye inama nyunguranabitekerezo ku mushinga Uburezi iwacu

Ni inama yari yitabiriwe n'abayobozi batandukanye

UWAMBAYINEMA  Marie Jeanne/heza.rw