Huye-Karama : Hari abafite ubumuga bashinja abaturage kubaha akato ibyo bakora bikabura isoko

Huye-Karama : Hari abafite ubumuga  bashinja abaturage kubaha akato  ibyo bakora bikabura isoko

Bamwe mu bafite ubumuga  bo mu murenge wa Karama  mu karere  ka Huye , bavuga  ko  babangamirwa  n'abaturage bakibanena  ntibahe  agaciro  ibyo  bakora, ibi  ngo  bituma  n'ugerageje  kwiteza imbere  asubira  mu bukene  kubera  ko hari abantu  basebya ibyo  bakora  bitwaje ko bafite ubumuga  bakabura abakiriya.

Twagirimana  Eric  uhagarariye  abafite ubumuga  muri uyu murenge  avuga  ko  hari abafite ubumuga  bagerageza  gukora  ngo  biteze imbere, ariko bagacibwa  intege  n'abaturage babasebya  bigatuma  babura  abakiriya  b'ibyo  bakora  cyangwa  bacuruza bityo bagahomba  bagasubira inyuma.

Agira ati'' Nkanjye  nize imyuga  nzi kuba nakora telefone , radiyo cyangwa televiziyo yagize ikibazo  igapfa, ariko hari ubwo umuntu aza ashaka  komukorera  abantu bakamubuza ngo  uriya ugenda kuriya  ubona yayikora  igakira, abansi ngo kiriya  gicumba  nticyabishobora  cyayitura hasi , n'ibindi . Ibi byagiye  bingiraho ingaruka abakiriya bakagenda kandi mbizi kubikora babitewe  n'abantu bansebya''.

Twagirimana  akomeza avuga  ko yanagerageje  kwihangira umurimo wo  gukora isambusa ariko na zo zikaza guhomba. Ati'' Mfite na mushiki wanjye ufite ubumuga twakoraga amasambusa tukayacuruza abantu bakagenda badusebya ngo  tuyamena hasi  kuko tudashobora gutambuka neza,umuntu akaza  akabihamya  ngo  njye nabiboneye  bayamena hasi  birangira na byo  tubiretse kubera abantu batwangishije abakiriya.''

Mukeshimana  Christine nawe ufite ubumuga  avuga  ko bigoye  kwihangira  umurimo ngo utere imbere  muri uyu murenge  ufite  ubumuga kuko hari abantu bacyumva  ko abafite ubumuga ari abantu badashoboye , batakora  ibintu neza ngo  bigende nk'uko abandi  babikora.

Ati '' muri uyu murenge wacu haracyari abaturage  basebya abafite ubumuga ntibagire icyo  bageraho , uracuruza  abantu  bakanga kubigura ngo  buriya  bifite umwanda  wabifashe  nabi , mbese  nta  cyizere batugirira  kuba  babona  ko ufite ubumuga  runaka biba  birangiye ''.

Habimana Isaie ushinzwe imibereho myiza muri uyu murenge  avuga  ko abafite ubumuga  bagerageza gushaka  icyo  gukora  ngo  biteze imbere, ariko n'abatishoboye bashakirwa inkunga  zabafasha kwikenura.Icyakora ngo kuba hari abakibanena  bakababuza  gukora  ntiyari akizi.

Ati '' Ibyo kuba ahari ababanena  bakanena ibyo  bakora  ntabyo  nari nzi  ubwo  ngiye  gukurikirana  mbabaze  neza  abo baturage  tubagire  inama  bumve  ko nabo ari abantu kandi bashoboye gukora, kuko uko udafite  ubumuga yatanga serivise neza kandi nziza ni nako ubufite na we yayitanga ndetse akanamurusha''. 

Habimana kandi akomeza avuga  ko abafite ubumuga bazakomeza  kubakorera  ubuvugizi  ku bibazo byabo  bafite  harimo no kubasabira  inkunga z'imishinga baba barateguye yo kwiteza imbere.

Bamwe mu bafite ubumuga  bavuga ko hari abantu bakibanena bagatuma  batiteza imbere.

UWAMBAYINEMA  Marie  Jeanne/heza.rw