Ruhango: Imyaka isaga 10 baracyategereje ingurane y'imitungo yabo

Ruhango: Imyaka isaga 10 baracyategereje  ingurane  y'imitungo  yabo

Bamwe  mu batuye mu mirenge  y'akarere ka  Ruhango, baravuga  ko bamaze  imyaka  11 bategereje  ingurane z'imitungo yabo  yangijwe n'imiyoboro y'amashanyarazi.

Abaganiriye na TV10 dukesha iyi nkuru, bayitangarije  ko babatemeye imyaka  yabo n'amashyamba  babwirwa  ko bazahabwa ingurane  none  amaso yaheze mu kirere. Umwe ati ''Twangirijwe amavoka, imyumbati, ibishyimbo n'amashyamba babitema  batubwiraga ko bazaduha ingurane, Iyo ngurane tumaze imyaka 11 tuyitegereje  twarayibuze''.

Undi  ati'' Baratwangirije  batwangiriza  imyaka, batwangiriza  amashyamba dutegereza ko ku mashyamba yacu  hari icyo bazaduha n'ibyo twohereje twabuze iherezo n'itangiriro ryabyo.Nko ku ishyamba  hari aho bari bagiye batubwira  ko bagiye kudushakira  amafaranga agura  rya shyamba ryacu  bangije , bari badutemaguriye insina  nta kintu na kimwe twashoboye kubona''.

Akomeza agira ati'' Nko mu ishyamba  ryanjye nabashaga kurikuramo urukwi nta rukwi  nkibona  rwaho bagiye  batemategura, nagurishaga igiti nkagurisha imishoro , nkagurisha inkwi,  ariko igiti uko gishibutse barongera  bagatema, uko gishibutse  bakongera bagatema  kandi nta ngurane baduhaye''.

Ku ruhande  rw'ubuyobozi  bw'akarere ka Ruhango Rusiribana Jean Marie umuyobozi  wungirije ushinzwe  iterambere ry'ubukungu, mu kiganiro yagiranye   na TV10  avuga ko  aba baturage  batinze  kubona ingurane  kuko batari  bafite ibyangombwa btuzuye.

Ati'' Ni igikorwa cyabaye muri  2014, 2015 ubwo  hashyirwaga imiyoboro  y'amashanyarazi, iyo dukurikiranye  dusanga  icyo  gihe  abaturage batari  bafite ibyangombwa  byuzuye  na za konti , bituma bagenda  bakererwa  ariko ubu  lisiti  zabo  zarakozwe twandikiye  REG  turimo turakurikirana ntabwo bizarenga  ingengo  y'imari y'uyu mwaka  aba  baturage  batishyuwe ingurane yabo''.

Aba baturage  bari  barangirijwe ibyabo  n'umuyoboro w'amashanyarazi  bari 450, muri bo 50 gusa  nibo bishyuwe  abandi 400 baracyategereje ingurane. Abafite iki kibazo ni abo mu mirenge ine uwa Bweramana, Kinihira ,Kabagari na Mwendo.