Ngororero: Abagore bibukijwe ko ishoramari atari iry'abagabo gusa

Ngororero: Abagore bibukijwe ko ishoramari  atari iry'abagabo  gusa

Mu nama rusange y'inama y'Igihugu y'abagore mu karere ka Ngororero, abagore basabwe kudapfusha amahirwe Igihugu cyabahaye ahubwo bagaharanira  kwiteza imbere, bagakorera ingo  zabo kugira ngo n'imibereho yabo irusheho kuba myiza.

Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore ku rwego rw’Akarere ka Ngororero Mukeshimana Marie Claire yashimiye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame wahaye umugore ijambo, agatuma atinyuka none ubu umugore akaba agira uruhare mu iterambere ry’igihugu cye.

Yavuze ko umugore wa Ngororero atazapfusha ubusa ayo mahirwe yahawe . Asaba abagore guhaguruka  bagakora bakiteza imbere ndetse bakagana ibigo by'imari biciriritse. Ati''BDF ni kimwe mu bisubizo Perezida wa Repubulika  yaduhaye kugira ngo hatezwe imbere imishinga mito n’iciriritse aho umugore ufite umushinga cyangwa wihangiye umurimo  yishingirwa ku kigero cya 75%.”

Uyu  muhuzabikorwa akomeza  avuga ko inkunga zihabwa umugore wikorera igihe yujuje ibisabwa,  zatuma umugore agira aho agera yubaka umuryango utekanye. Yibukije  aba bagore  ko gusora imari mu bintu bitandukanye  atari iby'abagabo gusa  ahubwo  n'abagore nabo bakwiye gutinyuka  bagashora imari.

Ni mu gihe hari bamwe mu bagore batinyutse bagashora  imari none bakaba baramaze kwikura mu bukene. Urugero ni umugore witwa Mukahigiro Laurence wo mu murenge wa Ndaro , uyu mubyeyi  w'umupfakazi ngo yahoze  ari mu bukene bukabije ariko nyuma aza gutinyuka yinjira mu mwuga  w'ubukorikori aho yatangiye aboha ibikapu mu bikongorwa by''ibisheke, kuboha amatapi ndetse no kuboha inkoko ziva mu rufunzo bikaba byaramugejeje aho yitabira imurikabikorwa mpuzamahanga, ndetse akaba ajya no mu bindi bihugu kumurika ibyo aba yaboshye. 

Mukahigiro Laurence watinyutse agakora ubukorikori yashoboye kubyigisha abandi ndetse ababumbira mu makoperative. Asaba abandi bagore gutinyuka bagakora.

Kuri ubu uyu mubyeyi yafashije abandi bagore ndetse akanababumbira mu makoperative , usibye kuba yarafashije abagore ngo hari n'abana amaze kurihirira amashuri bavuka mu miryango itishoboye.

Sano Emmanuel uhagarariye abikorera mu karere ka Ngororero, avuga ko  umubare  w'abagore bikorera  batinyutse gushora imari bakiri bake ugereranyije n'abagabo. Ati'' Ishoramari si ir'abagabo gusa ahubwo n'abagore baryinjiramo bigashoboka. Amahirwe arahari menshi agenewe abagore , nimuyabyaze umusaruro muri benshi bityo bigirire umumaro umuryango wose''.

Hon. Depite Annoncée Manirarora, yashimye ibimaze kugerwaho n’abagore bo mu Ngororero, maze  asaba  abagore  kwibuka  ko   bahawe byose ariko  ko hari ibyo atishimiye bakwiye guhindura. Ati'' Turambiwe igisuzuguriro. Ese turi mu ngamba cyangwa turajenjetse? Ibintu bimwe nitutabirakarira ntabwo bizakunda.Reka imbaraga twahawe tuzikoreshe .Twahawe amahirwe yose ashoboka bityo mukwiye kugira ibikorwa  byinshi  amagambo akaba make.”

Ho.Depite Manirarora Annoncee asaba abagore bo muri Ngororero gutinyuka bagakora, bakabyaza umusaruro amahirwe Igihugu cyabahaye.

umubare munini w'abatuye mu karere ka Ngororero ni abagore kuko bageze kuri 53% by'abatuye aka karere. Muri aka karere hari amahirwe  menshi  yo gushoramo imari kuko ni kamwe mu turere tubonekamo amabuye y'agaciro, amata kuko gafite urwuri rwa Gishwati ndetse kakaba ari n'akarere kazwiho kweza imbuto zitandukanye.

Nubwo hari aya mahirwe ariko ngo abagore bagiye mu bucukuzi bw'amabuye baracyari bake, kuko umubare munini w'abatinyutse kugana ibigo by'imari na BDF bari mu bucuruzi bw'imboga n'imbuto, na za butiki zicirirtse.Inama y'Igihugu y'abagore muri aka karere, ikaba ivuga ko ikomeje gahunda yo gushishikariza abagore, gutinyuka bakajya mu ishoramari.

Abagore bari mu nama y'Igihugu mu karere ka Ngororero basabwe kugana ishoramari bagakorera ingo zabo