Ngororero : Hari abaturage bavuga ko shisha kibondo yabaye shisha Bwana

Ngororero : Hari abaturage  bavuga  ko shisha kibondo yabaye shisha Bwana

Bamwe mu batuye mu karere  ka Ngororero bavuga ko  ifu y’igikoma  ihabwa  abana bafite ikibazo cy’imirire  mibi  izwi nka shishakibondo , ubu isigaye  yarabaye iy’ababyeyi  kuko hari  aho usanga isigaye yitwa  shisha bwana  ngo  abagabo  aribo bayinywera cyangwa bakayigurisha.

Urugero ni abo mu murenge  wa Matyazo ,bavuga ko hari abagabo usanga  ari bo bayinywera nyamara yaragenewe abana, abandi bakayigurisha bakabona amafaranga yo kujyana mu kabari.

Hari abandi baturage bo muri aka karere ,  baganiriye na Tv1 bagaragaza ko kuba yariswe shisha bwana ari uko abagabo na bo banywa iki gikoma. Umwe Ati’’Hari aho usanga umugabo  yatetse urusafuriya akakinywera umugore yagiye mu kazi we yasigaye mu rugo, hari uwo duturanye  rwose ubikora  nta nasigire  umwana niyo mpamvu bayita shisha bwana , nuko umugabo  aba yasomyeho’’.

Undi ati’’None se ubwo niba ufite umwana umwe ufite imirire mibi wajya uyimuha akayinywa wenyine  ntasangire n’abandi?none se wateka icyo gikoma umugabo  we ntakinyweho none se  umugabo ntiyemerewe kunywa igikoma? Kuyigurisha rero nabwo hari ubwo baba bagiye kuburarara akareba agasanga baramuha icyo gihumbi akiguremo ibijumba barye bose baramuke kabiri.’’

Ku ruhande rw’ubuyobozi  bw’akarere  ka Ngororero , buvuga ko  bakomeje gahunda  zo kurwanya igwingira  n’imirire  mibi mu bana, ariko ko  imyumvire  y’ababyeyi  ari nayo  nkomyi  ituma iki kibazo  cy’imirire  mibi  kidacika  muri aka karere.

Ubuyobozi  buvuga ko butazihanganira  umuntu  uzafatwa  agurisha amata cyangwa ifu  y’abana y’igikoma, kuko itagenewe ababyeyi,  ahubwo yagenewe abana barwaye  kandi  ngo  bagomba kumva ko ibyo bahabwa na Leta ari umuti wo kuvura  abana.

Nkusi Christophe umuyobozi w’aka karere, avuga ko ibyo kuba hari ababyeyi bagurisha ifu ya shisha kibondo cyangwa bakayinywera bishobora kuba ari byo , ariko ko uwo bazafata yayiguze cyangwa yayigurishije azabibazwa, kuko azaba arimo kubangamira gahunda yo gufasha abana.

Ubuyobozi bw'akarere ka Ngororero buvuga ko uzafatwa agurisha shisha kibondo n'amata yagenewe abana azabihanirwa

Mukunduhirwe Benjamine  umuyobozi wungirije w’akarere ushinzwe imibereho myiza, avuga  ko  ababyeyi bakwiye kumva  ko  iyi fu ari umuti w’abana. Ati’’icyo twavuga nuko ziriya nyunganiramirire tubaha abaturage bakwiye kumva ko ari nk’umuti, kandi nta we usangira n’undi umuti , abaturage  bacu nibamara kubyumva kiriya kibazo kizakemuka’’.

Kugeza ubu akarere  ka Ngororero kari kuri 50.5 % mu kugira igwingira  n’imirire  mibi hakurikijwe  ubushakashatsi  ku mibereho y’abaturage bwa 2020.

Marie Jeanne  UWAMBAYINEMA/heza.rw