Minisante yasobanuye impamvu u Rwanda rwongereye imbaraga mu kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko

Minisante yasobanuye impamvu u Rwanda rwongereye imbaraga mu kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko

Minisiteri y’ubuzima  itangaza ko ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge rikomeje kwiyongera  cyane cyane mu rubyiruko  kandi  ibi ngo  ni nawo muzi w’ibibazo  byinshi bibangamiye  sosiyete. 

Abenshi mu rubyiruko  bisanga mu biyobyabwenge kubera  ubujiji  n’ubumenyi  buke  baba babifiteho , bitewe  n’amakuru  Atari yo  akwirakwizwa  n’ababicuruza cyangwa  aba byagize imbata bavuga ko bituma  ubikoresheje yibagirwa ibibazo afite, abandi  bikabafasha  kumva  bameze  neza  kugira  imbaraga  nyinshi no gusinzira  neza.

Urubyiruko ni rwo rukunze kwishora  mu biyobyabwenge  kubera imbagaraga za gisore  no gushaka kugerageza ibintu byose ngo bumve uko bimeze.

Ubwo yatangizaga icyumweru  cyahariwe kurwanya ikoreshwa  ry’ibiyobyabwenge ,Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe Ubuvuzi bw’Ibanze Lt. Col. Dr. Mpunga Tharcisse, yatangaje ko impamvu zikomeye u Rwanda rushyira imbaraga nyinshi mu kurwanya ibiyoyabwenge ari uko  ari uburozi kuko byangiza ubuzima  bw’abantu babikoresha  cyane cyane  urubyiruko.

Uyu muyobozi  kandi  yatangaje ko ibiyobyabwenge biri ku isonga mu biteza amakimbirane yo mu miryango ingo zimwe na zimwe zigasenyuka kubera ubwumvikane buke.Ibi ni nabyo  biteza ingaruka zirimo kwishora mu busambanyi no guterwa inda zidateganyijwe ku bangavu n’abakobwa, ubwicanyi, ubujura, urugomo rukabije n’ibindi byaha bifungisha benshi, umuryango nyarwanda ukahahungabanira muri rusange.

Yagize ati: “Navuga ko ibiyobyabwenge ari na cyo kibazo gikomeye cyane duhanganye na cyo cyangiza ubuzima bw’Abanyarwanda, no kukivura bikaba bisaba imbaraga n’ubufatanye bw’abantu benshi batandukanye.”

 Ubushakashatsi bwa mbere bwakozwe ku buzima bwo mu mutwe mu Rwanda n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) mu mwaka wa  2018, bwerekanye ko ikigereranyo cy’ibibazo byo mu mutwe bikomoka ku ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu gihugu kiri kuri 1.6%, mu gihe 6% by’abaturage muri rusange bafite ibibazo byo kunywa ibisindisha bakarenza urugero.

U Rwanda  rwashyizeho  gahunda  zitandukanye  zo kurwanya  ibiyobabwenge  n’icuruzwa ryabyo, ariko kugeza  ubu byinshi  mu biyobyabwenge bikoreshwa mu Rwanda bituruka mu bihugu by’abaturanyi nk’urumogi , mayirungi ,na kanyanga.

 Ni mu gihe ibindi birimo kokayine, heroyine na morphine bikomoka hanze y’Akarere u Rwanda ruherereyemo ariko bikagera mu gihugu cyacu  binyuze mu bihugu by’abaturanyi..

Uretse ubukangurambaga bukomeje gukorwa, Leta y’u Rwanda yashyizeho n’izindi ngamba zitandukanye zigamije kurwanya icuruzwa n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, aho  hashyizweho amategeko n’amabwiriza agamije gukumira no guhana abafatirwa muri ibyo byaha.

Itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 rigena ibyaha n’ibihano muri rusange mu Rwanda ryakajije ibihano ku cyaha cyo kunywa, gucuruza no gukwirakwiza ibiyobyabwenge.

Hirya no hino mu gihugu hashyizweho ibigo by’igororamuco bitangirwamo ubumenyi bw’imyuga n’ubumenyi ngiro ku bari barabaswe n’ibiyobyabwenge bakaza kubivamo.

Indi ngamba mu zafashwe ni iyo gufatanya na sosiyete sivile muri urwo rugamba, ari na ko serivisi zo kwita ku buzima bwo mu mutwe zikomeza kwegerezwa abaturage, kugira ngo abo bigiraho ingaruka bafashwe mu maguru mashya.

Marie Jeanne UWAMBAYNEMA