Rubavu : Ingaruka zikomeye ku bagore bahoze bakora ubucuruzi babuvanwamo na covid-19

Rubavu : Ingaruka zikomeye ku bagore bahoze bakora ubucuruzi babuvanwamo na covid-19

Bamwe mu  bakorera ubucuruzi  mu karere ka rubavu, biganjemo  abagore  bari  batunzwe  no kujya gushaka imari muri Repubulika  iharanira  Demokarasi ya Kongo ,  bavuga ko icyorezo cya covid-19 cyabangamiye ubucuruzi bwabo kugeza ubwo hari n’ababuze  igishoro gucuruza bigahagarara burundu.

Bugenimana Florence wari usanzwe akora ubucuruzi imbere mu gihugu ndetse no muri kongo, avuga ko nibura mbere ya Covid -19 yari afite igishoro kuri we yita ko gihagije bikamufasha kwiteza imbere ndetse no gutunga umuryango we. Kuri ubu ubucuruzi bwe bwarahagaze.

Yagize ati”Mbere ya covid -19 nari mfite igishoro kigera ku bihumbi  500, nacuruzaga hano mu karere ka Rubavu nambuka njya muri kongo kuhakorera ubucuruzi nkagurisha ibyo nambukanye nkagurakana ibindi.  None ubu kubera ingaruka za COVID 19 sinkijya muri congo na hano mu Rwanda nsigaye ncuruza ibase y’ibigori ku gishoro cya bitanu, abana kugira ngo bige, kurya n’ibindi umuryango ukeneye ni ikibazo kubera ubushobozi.”

 Ibi kandi abihuriraho na Nyiranzeyimana Petronille ucuruza inkweto, uvuga  ko covid-19 yatumye  barya igishoro cyose  yari  afite  none akaba asigaye azunguza inkweto mu mujyi wa Rubavu.

Ati’’ Twarakoraga  hano  amafaranga akaza ariko twagiye muri guma  mu rugo n’igishoro cyose  turakirya n’aho badufunguriye  ngo twongere gukora byaranze, kubera igihe twamaze twicaye, nkanjye rwose narahombye sinkibasha gutunga umuryango uko bikwiye .” 

Ku ruhande rw’ubuyobozi  bw’akarere ka Rubavu Kambogo Ildephonse umuyobozi  wako, mu kiganiro  yahaye  abanyamakuru  bibumbiye muri Abasirwa, yavuze  ko ubucuruzi  mu karere ka Rubavu  bwazahajwe n’icyorezo cya covid-19 ku buryo bugaragara ariko cyane cyane  ngo umubare munini ni abagore. 

Ati:''Nk’akarere k’ubukerarugendo  gafite  amahoteli menshi ba mukerarugendo bari  barahagaze.Urumva  abafite amahoteli ntibacuruzaga  mbese ubucuruzi muri aka karere bwarazahaye kubera covid- 19 .

Akomeza  agira ati’’ 80% by’abacuruzi bazahajwe  na covid-19 ni abagore , nibo bambukaga cyane  bakajya kugurisha  ibintu bakazana ibindi bagatunga imiryango yabo.Cyane ko n’amafaranga aka karere kahawe yo kugoboka abacuruzi bagizweho ingaruka na covid -19 yabaye nk’agatonyaganga mu nyanja , aka karere kagenewe miliyoni 250 ariko yabaye make, ahubwo nimuzajya mubona abaturage bacu bakora ubucuruzi mujye mubihanganisha.”

Kambogo Ildephonse Meya w'akarere ka Rubavu, avuga ko abagore  ari bo benshi bashegeshwe na covid-19

Ku ruhande  rw’urugaga rw’abikorera PSF Rusanganwa Léon Pierre umuhuzabikorwa wa gahunda y'ubuzima muri uru rugaga, avuga ko n’ubwo hari aho iki kigega kitabashije gusubiza ibibazo  byose byatewe na covid mu bucuruzi, ariko hagiye gukomeza gukorwa ubushakashatsi bujyana n’ubuvugizi ngo businesi zazahaye zisubire ku murongo binyuze mu bufatanye bw’inzego zitandukanye. 

Icyorezo cya covid-19 kikaba cyaratumye ibikorwa  bimwe by’ubucuruzi bwanditse  n’ubutanditse cyane cyane  ubuciriritse buhagarara burundu, nubwo Leta yashyizeho ikigega  nzahurabukungu ku bacuruzi bazahajwe  na covid hari abacuruzi muri aka karere bavuga ko batigeze  bamenya iby’aya mafaranga.

Ubuyobozi bw'aka karere buvuga ko mbere ya covid-19 umupaka uhuza u Rwanda na kongo wanyurwagaho n'abantu basaga ibihumbi 50 buri munsi, kuri ubu ngo ntibarenga ibihumbi 10 ku munsi.Uyu mupaka ngo ukaba warigeze  no kunyurwaho n'abantu ibihumbi 99 ku isi yose  uza ku mwanya wa kabiri nyuma ya Mexico

Icyakora abatuye mu karere ka Rubavu bavuga  ko  kuba  hatakiri urujya n’uruza  bajya muri kongo gushakayo imirimo, kurangura ibintu no kugurishayo ibindi , nabyo  biri  mu bituma  batakibona  amafaranga  nka mbere, ba

kifuza  ko Leta  yabafasha ikaborohereza kujya muri kongo.

Rusanganwa Leon Pierre umuhuzabikorwa  wa gahunda y'ubuzima muri PSF avuga ko ubu barimo kureba uko hakorwa  ubuvugizi  businesi zahagaze zikongera gukora.

UWAMBAYINEMA Marie Jeanne/heza.rw