Kamonyi -Rugobagoba : Abana batiga birirwa bazerera mu isanteri bateye impungenge.

Kamonyi -Rugobagoba :  Abana  batiga birirwa bazerera  mu isanteri bateye impungenge.

Bamwe  mu bacururiza  n’abakorera  mu isanteri (centre)y’ubucuruzi  ya Rugobagoba iherereye mu murenge wa Gacurabwenge mu karere ka Kamonyi, bafite  impungenge  z’abana bari mu kigero cyo kuba bari mu mashuri, nyamara ugasanga hafi ya buri munsi bahora muri iyo santeri nta n’icyo baje kuhakora .

 Uretse kwirirwa bakerakera, ndetse banasa nabi, aba bana kandi mu gitondo usanga bazindukiye ku mabaraza y'amazu y'ubucuruzi, abandi ugasanga bahagaze imbere y'inzu zicururizwamo amafunguro zizwi nka resitora,  bategereje ko akazuba karasa n'abacuruzi bagafungura ayo mazu abandi  ngo baba  bategereje  amakamyo ahanyura agira  gupakira  imicanga.

Kenshi ubasanga bazenguruka ku modoka zizwi nka Howo zitwara umucanga iyo zihagaze mu iyi santere.

Umwe mu bacuruzi  uhakorera  utarashatse  kugaragaza  amazina ye, yavuze  ko abo bana bajya biba ibintu bimwe na bimwe nk'ibirayi, babicishije munsi y'inzugi cyane cyane aho zitegereye hasi kuri sima.

Undi mucuruzi nawe avuga  ko abo bana bateye impungenge, kuko hari ubwo usanga banywa inzoga banasangira ibintu bimeze nk'itabi, bikekwa ko ari urumogi baba basangira cyane cyane mu masaha y'umugoroba.Agira  ati’’ Aba bana bakwiye kwegerwa ndetse bakaba banasubizwa ku ishuri nk'abandi, kuko nibakomeza gukurira ahantu nk'aha bazavamo amabandi cyangwa se bakaba bahahurira n'ibindi byago kuko nta burere abana nk'aba bakura ku muhanda.’

Aba bacuruzi kandi  bavuga  ko baba  barananiye ababyeyi , dore  ko abenshi  badataha ahubwo birarira aha mu isanteri. Icyakora  aba bana banze kugira icyo batangariza itangazamakuru ku byo aba bacuruzi babavugaho,  kuko bahise biruka bakavuga ko ntacyo  bavugana n’umunyamakuru.

Ku ruhande  rw’ubuyobozi  bw’akarere ka  Kamonyi Uwiringira Marie Josée umuyobozi  wungirije  ushinzwe  imibereho avuga  ko aba bana  babakorera  ubukangurambaga  bwo kubasubiza  mu ishuri,  ari nako basaba abacuruzi kutabaha imirimo kuko akenshi uduhenda  abana babaha ari two dutuma batava mu muhanda.

Agira ati’’Hashize  ukwezi  najyanye n’umuyobozi  w’ikigo  cy’ishuri cya Gs Gatizo, tubakangurira  gusubira  mu ishuri ,abana 8 twasanze  birirwaga kuri iriya centre ya Rugobagoba, twatumije ababyeyi babo n’umuyobozi  w’ikigo bigagaho turabaganiriza. Batanu muri  bo  bemeye gusubira  mu ishuri ‘’.

Uyu  muyobozi  avuga ko batatu basanze  ari bakuru cyane ariko nabo  bemeye kuguma  mu miryango yabo , ku buryo  nibatoranya abazajya  kugororwa  nabo bazaboherezayo.

Felix Jules B. TUGIRIMANA/heza.rwv