Ni inshingano gutanga amakuru y'ahakiri imibiri y'Abatutsi bishwe muri Jenoside- Guverineri Kayitesi

Ni inshingano gutanga amakuru y'ahakiri imibiri y'Abatutsi bishwe muri Jenoside- Guverineri Kayitesi

 Guverineri  w’intara  y’Amajyepfo  Kayitesi  Alice  yasabye  abatuye  mu murenge  wa  Nyarusange mu karere ka Muhanga, kwibuka  ko gutanga amakuru y’ahari imibiri  y’Abatutsi  bazize  Jenoside  yakorewe  Abatutsi mu 1994 , ari inshingano  zabo  kandi  ko  utabikoze  bikazamenyekana  aba akoze icyaha  bityo akabihanirwa.

Ibi yabitangaje  ubwo hibukwaga ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, i Nyarusange mu karere ka Muhanga .

Yagize ati’’ Imyaka  29 irashize  abantu  basaba imbabazi binginga  abantu ngo bagaragaze  ahaba hari imibiri  y’abazize Jenoside ngo ishyingurwe mu cyubahiro, ariko nagira ngo nibutse  ko  ari n’inshingano ariko kandi ni n’icyaha  guhisha amakuru kuko uzagaragara wese ko yaba yaragize uruhare mu guhisha aya makuru n’ubundi azajya akurikiranwa n’itegeko’’.

Akomeza agira ati’’ Ntabwo  tuzareka na rimwe gushyingura mu cyubahiro umubiri  w’umuntu  wazize Jenoside tuzabona. Tukongera tukavuga ngo  hari uburyo  bwiza ndetse no gukomeza kubaka ubumwe bwacu nk’abanyarwanda , turabasaba ngo uwaba afite  amakuru niyo yakwandika  agapapuro akakajugunya ntawe umukurikirana, umubiri turawushaka tukawubona, n’iyo  yagira ubutwari akabivuga. Baturage ba Nyarusange nagira ngo  nongere mbibutse niba  hari n’ahandi mwaba muzi  cyangwa mukeka ayo makuru mukayatanga , kuko ni kimwe mu bikorwa bikomeza kubangamira ubumwe bwacu nk’abanyarwanda kandi ariyo nzira twahisemo  nk’Igihugu cyacu’’.

Ku ruhande  rw’umuryango  wa Ibuka,Ingabire  Benoit  Perezida  wa Ibuka mu karere  ka Muhanga, avuga ko  Ibuka  yababajwe cyane  no kuba  hari  ahakiri ubushake  bucye  bwo kugaragaza  ahajugunywe imibiri y’abazize  Jenoside ndetse  n’ibonetse  ikaboneka  ibice  by’umubiri bituzuye, ibonetse  nayo  ngo ikaboneka ari uko habaye  amakimbirane  hagati y’abantu bakavananamo.

Ati’’ Ntabwo bikwiye  ko twibuka ku nshuro ya 29 tugishyingura kandi mu by’ukuri Jenoside  yabaye ku manywa y’ihangu  abantu bose bareba , ariko biba bibabaje iyo tukinginga  abantu ngo nibadufashe baturangire aho abacu bari’’.

Muri iki gikorwa  cyo Kwibuka hashyinguwe umubiri  w’uwitwa  Gasana Célèstin wishwe  muri  Jenoside afite imyaka 29. Musabyimana Innocent umuvandimwe  we akaba na Perezida wa Ibuka mu murenge wa Nyarusange, avuga ko mu muryango  w’abantu 8 ari we na Se umubyara bashoboye kurokoka.

Imyaka 29 irashize  ngo ahora asaba abaturage kugaragaza aho yaba yariciwe. Ati’’Imyaka 29 irashize , Incuro  zose  twibutse  hano,  twasabaga  ko  abazi  aho abacu bashyizwe baduha amakuru  bacishije mu buryo bwose bwose bwatuma butanagira ingaruka k’uwatanze amakuru, By’umwihariko usibye mu gihe cya covid nagiraga umwanya wo gutanga amakuru ko hari umuvandimwe wanjye ntarabona wiciwe kuri aka gasozi, birinda aho bigera ubu’’.

Musabyimana Innocent avuga ko aho bamubonye  bari bagiye kuhamushakira incuro 3 batamubona  kuko ababahaga amakuru y’aho ari, batababwizaga ukuri.

Ati’’Mu mwaka wa 2004 habaye igikorwa  cyo kwegeranya imibiri yose ngo ishyingurwe tujya kumushaka aho yiciwe, batwereka igikombe kirimo imingoti 3 tujyayo abantu baradutabara turahinga umusozi turamubura, 2009 nabwo tugiye gushyingura hano turongera dusubirayo turamubura , uyu mwaka dusubirayo nibwo batubwije ukuri turamubona’’.

Musabyimana avuga ko imyaka yose yashize bamushakisha ariko nyirumulima wari uzi aho ari akaba ataragaragaza aho ari nyamara bahazi. Aha ni naho yahereye asaba n’abandi baba bazi hantu hakiri amakuru y’ahajugunywe imibiri kuyatanga nabo bagashyingurwa mu cyubahiro.

Guverineri Kayitesi Alice yasabye abatuye i Nyarusange kumva ko gutanga amakuru y'ahajugunywe imibiri y'abazize Jenoside ,ari inshingano zabo

Mu gikorwa  cyo Kwibuka ku nshuro ya 29 Abatutsi bazize Jenoside i Nyarusange hanashyinguwe umubiri wa GASANA celestin

Musabyimana Innocent avuga ko buri mwaka uko bazaga mu gikorwa cyo Kwibuka basabaga ko abafite amakuru y'aho ababo bajugunywe yatangwa,Umuvandimwe we akaba amubonye nyuma y'imyaka 29

Ni igikorwa cyabanjirijwe no gushyira indabo mu mugezi wa Nyabarongo hunamirwa Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bakajugunywa mu mugezi wa Nyabarongo

UWAMBAYINEMA Marie Jeanne