Nyamagabe : Abarokotse Jenoside bishimiye kuba Bucyibaruta agiye kubazwa uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Nyamagabe : Abarokotse Jenoside bishimiye kuba Bucyibaruta agiye kubazwa uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Bamwe mu barokotseJenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu karere ka Nyamagabe, bavuga ko bishimiye kuba Bucyibaruta Laurent wahoze  ayobora Perefegitura  ya Gikongoro agiye kubazwa uruhare rwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda ; basanga kandi urubanza rwa Bucyibaruta ari urugero no kubandi bamaze iyi myaka yose bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi bataraburanishwa
 
MukakalisaAuréaUmwe mu barokotseJenoside avuga ko kugezwa imbere y’ubutabera kwa Bucyibaruta Laurent bizomora bimwe mu bikomere bafite ku mitima yabo kuko nk’uwari umuyobozi ari we washishikarije  ubwicanyi  haba  muri  Komini Karama, Rukondo  na  Kinyamakara  ngo  kuko hose yari  umuyobozi  wabo  washishikarizaga  urwango no gutsemba  Abatutsi.
Ati’’Nko kuba ihanurwa ry’indege ya Habyarimana abari abakozi ba Perefegitura ya  Gikongoro  ndumva hari abishwe kubwe, yafashe n’insoresore z’urubyiruko  bajya  kuzitoza imyitozo ya  gisirikare, kugira ngo rero umugambi ugerweho neza yakoresheje abo basore abaha n’intwaro.’’
Akomeza agira ati’’Ubwo rero umugambi wari ugezweho kuko icyari kigenderewe ni ukwica guhera kumwana wari uri no mu nda bagasatura uwomubyeyi wari utwite abo bana bakabakuramo, kandi hano mu cyanika byarabaye,  yaba umukecuru yaba uwamugaye akabashishikarizako bose bagomba kubica ntawe usigaye habe n’uwo kubara inkuru’’.
Mukabalisa avuga ko icyifuzo cyabo nk’abarokotse Jenoside ari uko babona ubutabera Bucyibaruta Laurent agahanirwa ibyoyakoze, kugirango bibere abandi urugero ko icyaha cya Jenoside ari icyaha ndengakamere kiryozwa ababigizemo uruhare .
Rwandinda Oswald ni umurinzi w'igihango  nawe wo mu karereka Nyamagabe, avuga ko azi Bucyibaruta kuko ari we waremeshaga inama akorana n’ishyaka bitaga CDR yahuye n’irya MRND bagahurira ahitwaga kuri Guest. Ubwo indege ya Habyarimana yahanurwaga ngo abakozi benshi barimo abagoronome barishwe .
Agira ati''Agira Njyewe nk'umurinzi w'igihango kuburanishwa kwe mbyakiriye neza kuko sinarinzi ko  akiriho  mbese  muri makeya Bucyibaruta wari perefe  nubwo  atagaragaye  ngo  aze  yice ariko yicishije amagambo na politiki yarabikoze , kuko ndi umuntu w’umukristo ntabwo namubeshyera’’.
Mutagoma Bernard Perezida wa Ibuka mu murenge wa Kaduha mu karere  ka  Nyamagabe avuga ko Abarokotse bizeye ko ubutabera buzakora akazi  kabwo.
Ati’’Muby’ukuri twemera ko ubutabera bubaho nkeka ko abacamanza bazakora ubutabera  nyabutera  koko , kuko  amakuru ya Bucyibaruta ntawe utayazi ntabwo ari hano muri Kaduha yagize uruhare mu kwica abantu gusa ni mu cyari Gikongoro cyose icyogihe, nkeka ko na Butare yayigezemo  kuko  yari  umuntu  uvuga  rikijyana  icyo  gihe   twizeye   ubutabera.’’
Urubanza rwa Bucyibaruta Laurent biteganyijwe  ko  rutangira  kuri  uyu  wa  mbere   tariki ya 9 Gicurasi , ni  urubanza  ruzabera I Paris mu Bufaransa rukazaburanishwa n’urukiko rwa rubanda (courd’Assise) rukazaburanishwa mu gihe cy’amezi agera kuri abiri .
Bucyibaruta  yavukiye  mu cyahoze  ari  Komini  Musange mu 1944.Yabaye Burugumesitiri aba superefe , aba Perefe wa Kibungo 1985-1992.Akaba yarabaye  perefe  wa   Gikongoro (1992-Nyakanga 1994) ari  n’umuyobozi wa  komite  ya Perefegitura y’urubyiruko rw’interahamwe .
Bucyibaruta aba mu Bufaransa kuva mu 1997 aho yahungiye nyuma ya Jenoside mu gihe cyose amaze akorwaho iperereza akurikiranywa
adafunze.

Amazina ya bamwe mu batutsi bishwe mu cyahoze ari Gikongoro

Bucyibaruta Laurent wari perefe wa Gikongoro  yatangiye kuburanishwa kuri uyu wa mbere .ifoto/internet

ubwanditsi@heza.rw