Ruhango: Umusore bikekwa ko afite uburwayi bwo mu mutwe yishe nyina

Ruhango: Umusore bikekwa ko afite uburwayi  bwo mu mutwe yishe nyina

Uwitwa  Habineza Emile w'imyaka isaga 20 wo mu kagari ka Karambi mu mudugudu wa Kashyamba, mu murenge wa Kabagari mu karere  ka Ruhango, yari amaze igihe  yigamba ko  azica nyina ibi bikaba  byaranabaye  kuko yamukubise  ifuni  mu mutwe maze agapfa  amaze iminsi ibiri kwa muganga.

Ise umubyara  yavuze  ko yari  yagiye  guhinga yagaruka  gasanga  uyu muhungu  yamaze kumukubita ifuni. Ati'' Nari nagiye kubagara imyumbati  hariya harugura nuko ndamanuka nikoreye ibyatsi navanagamo, ngeze mu rugo  nshyira ifuni  mu gikoni numva umuntu arimo arahirita ngiye nsanga niwe  yigaragura hasi nuko mbona uwo muhungu  nti niko sha ni wowe umaze kwica nyoko umugore wanjye''.

Bamwe mu batuye muri aka gace  baganiriye na Tv1 bavuze  ko  uyu musore yari amaze iminsi  yarahinduye imyitwarire, bagakeka  ko yari afite uburwayi bwo mu mutwe. Bati''Yahoraga abivuga ko azica nyina, yarigaga  avamo  ahinduka umujura wasangaga atwara utuntu, nta mwenda nyina yagiraga cyangwa  se yari yarabitwaye buriya n'inzugi  yari  yarazikuyeho  arazijyana. Wabonaga  ko yahindutse  keraka  bamujyanye kwa  muganga  bakareba ko nta bibazo byo  mu mutwe  afite.

Umunyamabanga nshingwabikorwa  w'umurenge wa Kabagari Gasasira Francois Regis, yabwiye Tv1 ko uyu musore yamaze gufatwa akaba yashyikirijwe urwego  rw'ubugenzacyaha RIB. Uyu mubyeyi nawe bikaba bi vugwa ko nawe yari afite ikibazo cyo mu mutwe.  Kuri ubu akaba yamaze gushyingurwa, akaba yaraguye mu bitaro bya Kaminuza bya Butare CHUB.

Abaturage bavuga ko uyu musore wishe  nyina ashobora kuba afite uburwayi  bwo mu mutwe, bagasaba ko yabanza akavuzwa.