Gutereranwa n’imiryango no kubura aho basiga abana, imbogamizi zituma badasubira mu ishuri

Gutereranwa n’imiryango  no kubura aho basiga abana, imbogamizi zituma  badasubira mu ishuri

Bamwe mu bangavu  batewe inda  bakiri bato, bavuga ko  bifuza  gusubira mu ishuri  ariko  bakagorwa  n’uko imiryango  yabo  ibatererana  bagahinduka  nk’ibicibwa  mu miryango, bakabura aho  basiga  abana  babo ngo basubire kwiga, bityo  abo biganye  bakabasiga  ibituma  banazinukwa  ishuri  burundu.

Urugero  ni mu karere ka Rulindo aho hari  abana batewe inda  batasubiye mu ishuri  kubera  iki kibazo, dore ko n’ingo  mbonezamikurire  n’amarerero ahari nayo  ataborohereza gusigarana  aba bana.

Umwe mu bana  batewe  inda afite imyaka 16 wahawe izina rya Ingabire, avuga  ko ibi  bituma  hari  n’abana bazinukwa  ishuri  burundu  bagahitamo kurireka  icyakora  ubonye  amafaranga we ajya kwiga imyuga.

Ati “Iyo  wabyaye  uhinduka igicibwa  iwanyu  bakakwanga hamwe nta n’uwaterura umwana wabyaye. Iyo uvuze kwiga  noneho bahita bakubaza ngo urajyayo uyu mwana  umusigire  nde?ni wowe nyina ubwo warangije kuba umubyeyi  ahasigaye icara urere umwana ibyo  kwiga ubirekere abana”.

Undi  ati “Abana babyaye  bakagira imiryango  myiza basubirayo  kuko  babafasha abana ariko iyo iwanyu batakigukunze  ntabwo  byakunda. Ujya mu irerero bakakubwira ko batakira umwana utarageza imyaka 3, ikindi badusaba amafaranga 700 ngo yo kugura igikoma  ubu se twayakura hehe. Si ibyo  gusa urumva iyo ubyaye ufite imyaka 17 ugategereza ya myaka 3 umwana azajya mu irerero, uba warakuze ukabona imyaka 20 ntiwasubira mu ishuri ngo wige wenda wabona ugufasha ukajya mu myuga’’.

Iki kibazo kinagaragara ku bana bo mu karere ka Huye, urugero ni umwana wo mu murenge wa Rusatira, watewe inda akabyara afite imyaka 15 umuryango  uramwanga kugeza ubwo ise umubyara n’abavandimwe be bamusize  bakimukira mu gihugu cya Uganda.

Uyu mwana wasigaranye na nyirakuru avuga ko nawe yamutereranye kugera ubwo  amuhaye inzu ye n’umwana we ndetse n’umwana yabyaye bakitekera.

Ati “Ishuri narivuyemo umuryango waranyanze  maze kubyara. Icyakora  nagize  amahirwe  hari umushinga wandihiriye imashini ubu ndumva ntazajya mbura icyo ndya n’umwana wanjye kuko nishakira icyo guteka, mfite inkono yanjye. Wenda nubwo nkiri muto iyi mashini izatuma mbona ikitubeshaho njye n’umwana”.

Uyu mwana wigaga mu mwaka wa kabiri  w’amashuri yisumbuye  avuga ko ubu atazarisubiramo  kuko atabona aho asiga uyu mwana we. Ati “Mama yapfuye ndi umwana papa ashaka undi mugore niwe bimukanye i Bugande na bakuru banjye, maze kubyara mukadata yarantoteje kugeza ubwo  bimutse bose baranta none  najya mu ishuri uyu mwana nkamuha nde ko na nyogokuru  atamereye neza nubwo nitwa ko mbana nawe?abavandimwe banjye ko ntazi iyo baherereye ngo  nibura mbasange I Bugande?”.

Ese inzego  zitandukanye zivuga iki ku gusubira mu ishuri kw’aba bangavu?

Dr Safari  Emmanuel Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Impuzamiryango t’Uburenganzira bwa muntu CLADHO, avuga ko ku nkunga y’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bana ku isi Unicef, bahuye n’abana batewe inda bakaba barataye ishuri, maze bategura  ibiganiro nyunguranabitekerezo mu rwego rwo kurebera hamwe uko ibibazo byugarije aba bana byakemuka

Ni ibiganiro  byagiye  bihuza  abakora mu nzego  zitandukanye mu karere ka Rulindo, Rusizi, Huye na Kirehe.

Ati “Ikigomba gukorwa ni uko aba bana basubira mu ishuri bakiga, Ubuyobozi bw’akarere bwemeye ko bugiye kureba umubare w’abana batiga, bakamenya impamvu batiga, noneho bakanareba icyakorwa bagasubirayo. Aba bana batize nta terambere bazageraho”.

 

Ku ruhande rw’ikigo  cy’Igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana NCD Mukamana Monique umuyobozi w’agateganyo wa gahunda ya Tubarerere mu muryango, avuga ko aho abana batewe inda ntibakirwe neza n’ababyeyi bigorana ko basubira mu ishuri, icyo bakora nuko  baganiriza  ababyeyi  bakumva ko uyu mwana wabyaye  atari uwo gutereranwa  ahubwo ari uwo  gufashwa  gusubizwa mu ishuri bakiga kugira ngo  biteze imbere bazanashobore guteza imbere abo babyaye.

Ati “Ababyeyi tubashishikariza gukomeza kuba hafi y’abana, iyo babyaye ubuzima ntibuba bwarangiye. Hari amashuri y’uburezi bw’imyaka 9 na 12 hafi y’aho batuye baba bagomba kwigaho abegereye, kugira ngo bakomeze kwita no ku bana babo”.

Akomeza avuga ko ari yo mpamvu  basabye ko basubizwa mu ishuri kuko batize ntaho bagera. Ati “ dukomeza gushishikariza ababyeyi gufasha abana bakiga, kuko twabonye aho babafashije bariga neza nta kibazo, bareke kumva ko kuba umwana yabyaye habaye ikibazo kidasanzwe ahubwo umwana aba akiri mu biganza byabo bakwiye kumufasha kwiga agategura ejo hazaza”.

Yagarutse kandi ku kibazo cyo kubura aho basiga abana babo. Ati “Kuba abana Babura aho basiga abana ngo bajye kwiga hari ingo mbonezamikurire zashyizweho  n’amarerero aho umwana ugejeje imyaka ibiri  aba agomba kujyayo. Hari n’aba yubatse ku mashuri aho nabo biga bagombye kubajyanayo, ariko abana nabo turabaganiriza tukababwira ko yaba imyaka yaba kubura uwo asigira umwana atari impamvu yo kumuca intege ngo ave mu ishuri”.

Mu karere ka Rulindo  abangavu batewe inda 48 nibo basubiye mu ishuri  uyu mwaka. Mu gihe abasaga 100 ari bo batewe inda muri uyu mwaka wa 2022. Ni mu gihe mu karere ka Huye ho mu myaka ibiri ishize abana 93 babyaye bari  mu nsi y’imyaka 18  ari bo bamaze gusubira mu ishuri.

Ubuyobozi bw’utu turere  buvuga  ko hari inkunga isanzwe ihabwa  abana basubiye mu ishuri aho bishyurirwa amafaranga yose y’ishuri ndetse bakanahabwa n’ibikoresho bitandukanye by’ishuri harimo n’iby’isuku.

Abashaka kwiga imyuga nabo  ngo bahabwa ubufasha  bakayiga ndetse abarangije kwiga banahabwa ibikoresho, ari nayo mpamvu basaba aba bana gusubira mu ishuri bakiga.

Imibare yatangajwe na Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Migeprof muri Gashyantare uyu mwaka , igaragaza ko umubare w’abangavu baterwa inda zitateganijwe ukomeje kugenda wiyongera.

Umwaka wa 2019 bari ibihumbi 23, uyu mubare uragabanuka muri 2022 bari ibihumbi 19 naho mu  uwa 2021 ukaba wararangiye ari ibihumbi 23.

Intara y’I Burasirazuba akaba ari yo yagize yagize umubare munini w’abangavu batewe inda kuko ifite 9188 muri bo 128 babyaye bari mu nsi y’imyaka 15, 2043 bari mu nsi y’imyaka 17.Akarere ka Nyagatare kaza imbere gafite 1799,Gatsibo 1574 naho Kirehe ni 1365.

Abangavu batewe inda bo mu karere  ka Huye, baganira ku bibazo bibugarije bagaragaje ko babura uko basubira  mu ishuri kubera kubura  aho basiga abana.

Dr Safari Emmanuel umunyamabanga nshingwabikorwa wa CLADHO ubwo yari mu biganiro nyunguranabitekerezo byanitabiriwe n'abangavu batasubiye mu ishuri, yasabye inzego zose kureba ibishoboka byose aba bana bakiga kuko batize nta terambere bageraho.

 UWAMBAYINEMA  Marie Jeanne /heza.rw