Nyanza: Undi muvuno mu gukumira inda ziterwa abangavu imburagihe

Nyanza: Undi muvuno mu gukumira  inda  ziterwa  abangavu  imburagihe

Mu kiganiro  n’abanyamakuru  cyabaye  kuri  uyu  wa  kane tariki ya 7 Nyakanga 2022, umuyobozi  w’akarere  ka  Nyanza Ntazinda  Erasme , yavuze  ko  kuri  ubu  mu bigo  nderabuzima  by’aka  karere  hamaze  kugezwamo  za televiziyo  (Téleviseurs), zizajya  zigishirizwaho  ubuzima  bw’imyororokere no kwirinda  indwara, hagamijwe kugabanya  inda  ziterwa  abangavu imburagihe.

Meya  Ntazinda yavuze  ko  izi televiziyo  zashyizwe  mu bigo  nderabuzima byo  mu karere  ka  Nyanza, kugira  ngo  zibafashe kwigisha abaturage cyane  cyane  urubyiruko. Ati’’ Twazihawe  n’umufatanyabikorwa ingobyi , rero  tuzajya  tuzikoresha mu kwigisha ubuzima  bw’imyororokere,kuboneza  urubyaro n’ubukangurambaga ku buzima rusange ariko cyane cyane hibandwa ku rubyiruko. Turizera  ko zizatanga  umusaruro  mwiza  kuko tuzitezeho  kugabanya  inda  zaterwaga abangavu kubera  kutamenya ubuzima  bw’imyororokere’’.

Rukundabahizi  Bernard  umuyobozi  w’ikigo nderabuzima  cya Gahombo, avuga  ko  izi  televiziyo  zije  kubafasha  gutanga  inyigisho  zagenewe  urubyiruko, kuko bari  basanzwe  barwigisha  ku buzima  bw’imyororokere, ariko bigasaba  ko  umuforomo  abigisha  mu magambo  gusa. Ubu  bazajya  babigisha   banabibereka.

Ati’’ Kuri gahunda  y’ikigo nderabuzima  cyacu ,buri wa gatanu aba ari umunsi wo kwigisha urubyiruko  ubuzima  bw’imyororokere, hari umukozi  ubishinzwe  unashinzwe  by’umwihariko urubyiruko yabigishaga,  ariko burya  urubyiruko rukunda  ko ubigisha  ibintu ariko banabireba, twabigishaga  mu magambo  gusa  ubu bizatworohera  kuko bazaba biga  ibyo bareba  noneho  n’amaso yabo bityo babone  ko n’ibyo ubabwira  ari ukuri’’.

Akomeza avuga  ko uretse kuba  zizanaborohereza  akazi, ariko zizanafasha  n’abandi  baturage  bagana ikigo nderabuzima. Ati ‘’ Ubu tuzajya  dukoresha  CD cyangwa flash  ziriho amashusho  atanga  ubutumwa ku ndwara  runaka, uko bayirinda ,…dushyiremo abantu  baje  kwivuza zibafashe, cya  gihe  umurwayi  ategereje  serivisi, niba  yafashwe ibizamini ategereje ibisubizo  cyangwa  ategeje  imiti, abe  areba ya mashusho binamufashe  kutarambirwa, ariko na  none  hari ubutumwa  bundi  arimo  kuhabonera’’.

Akarere  ka  Nyanza  gafite  ibigo  nderabuzima  17,  ubusanzwe  7 muri byo  byari  bisanzwe  bizifite  ibigo  nderabuzima  10 byari bisigaye  akaba  ari byo  biherutse  guhabwa  izi televiziyo,ku bufatanye  n’umufatanya  bikorwa w’aka  karere  witwa  Ingobyi. Imwe  ikaba  ifite agaciro  k’ibihumbi  magana  atanu na mirongo itanu (550) y’amafaranga  y’u Rwanda.

UWAMBAYINEMA  Marie  Jeanne/heza.rw