Ruhango : Abaturage bitoreye amategeko ahana ibyaha by’ubujura mu mudugudu wabo

Ruhango :  Abaturage  bitoreye  amategeko ahana ibyaha  by’ubujura  mu mudugudu wabo

Abatuye  mu mudugudu  wa Ryakabunga    akagari  ka Nyabibugu  mu murenge wa Mwendo mu karere  ka Ruhango, bishyiriyeho  amategeko ahana  abajura  ngo kuko  uyu mudugudu  ubonekamo  abajura benshi  bakaba  barabazengereje.

Ushinzwe  umutekano  muri uyu mudugudu  aganira na Tv1 yavuze  ko  bakoze  inama n’abaturage  bagasanga  abantu 20  ari bo bazenguruka  biba  mu isanteri  yabo. Maze  bemeza ingingo  3 zigize  amategeko  azajya ahanishwa  uwafashwe  yibye  muri uyu mudugudu.

Umukuru  w’uyu mudugudu  ndetse na  komite  y’uyu mudugudu  bemeje  aya mategeko ndetse  n’abaturage  32 barayasinyira  bemeza ko bayatoye

Ingingo  ya mbere y’aya mategeko ivuga  ko ufashwe  yibye  yaguze  amategura cyangwa  imyaka  yibwe,  azajya ahanishwa  gutanga amafaranga ibihumbi 70 , ibihumbi 50 agahabwa  uwibwe naho ibihumbi 20 agashyirwa  kuri konti y’irondo ry’umudugudu.

Ingingo ya kabiri  ikavuga  ko ufashwe  yibye urukwavu azajya ahanishwa  ibihumbi 50 hakavamo 20 azajya ashyirwa  kuri konti  y’irondo andi asigaye  agahabwa  uwibwe.

Ingingo ya 3 ivuga  ko umujura  uzajya afatwa  yatoboye  inzu akiba ihene, ingurube  n’intama  azajya ahanishwa  gutanga amafaranga ibihumbi 100 , hakavamo ibihumbi 20 azajya ajya kuri konti  y’irondo  asigaye  agahabwa  uwibwe.

Abaturage  bo muri uyu mudugudu  baganiriye na Tv1 bavuze  ko aya mategeko  bayemera kandi bayashyigikiye. Umwe ati’’ Twese turayashyigikiye uzajya abona  atayabona  ntabwo azajya ajya  kwiba’’.

Undi ati’’ ubona  hajya kwiba  abantu  bifashije  niyo  mpamvu twafashe  umwanzuro y’uko tugiye gutora  itegeko tukabakakaza  kugira ngo  turebe  ko babireka, kubera ko abajura muri uyu mudugudu  wa Ryakabunga burakabije’’.

Urereyimana  Alexis  umunyamabanga nshingwabikorwa  w’aka  kagari,  avuga  ko  aya mategeko  aba baturage  bishyiriyeho batayemera, kuko  ngo inama njyanama  ari yo yemeza  ikintu  cyose  gikorerwa  umuturage.

Ati’’ Bigeze  kuduhamagara  batubwira  ko  hari amategeko bashobora kuba barishyiriyeho ahana abajura  mu mudugudu wa Ryakabunga, ko bari bafite ikibazo ko dufata umuntu ariko akongera akagaruka ,ariko ubwo  twagiraga inama y’umutekano haje n’ubuyobozi  bwa RIB, nzi ko n’abayobozi  bamwe muri bo  bari bahari  kandi  bagatanga icyo kibazo bakaduha  n’umuyoboro  w’uko abo bantu tugomba kubafatamo, kugeza uyu munsi nta muntu wigeze agaragazwa nyuma y’iyo nama ko uwo muntu yaba yarafashwe afatwa nk’umujura, ariko ayo mategeko ntabwo twigeze tubemerera  ko ashobora kwemezwa gukoreshwa ’’.

Uyu mudugudu  witoreye  aya mategeko ahana abajura  ngo  yashyizweho ku itariki ya 27 ukuboza 2022, ngo si ubwa  mbere  kandi bari batoye  aya mategeko  kuko  no mu mwaka wa  2017 bigeze kuyatora ubuyobozi  bw’aka kagari  buyakuraho amaze imyaka 3. Kuva ku itariki ya 27 ukuboza umwaka ushize aya mategeko ashyizweho  ngo amaze guhanishwa  abantu babiri  nk’uko Tv1 yabitangarijwe  n’abaturage.