Ubufatanye bwa buri wese burakenewe kugira ngo ihohoterwa ricike: Minisitiri Dr Uwamariya

Ubufatanye  bwa buri wese  burakenewe kugira ngo ihohoterwa ricike: Minisitiri Dr Uwamariya

U Rwanda  kimwe n’ibindi bihugu  ruri mu minsi 16 y’ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye  ku gitsina, dore ko imibare  ikomeza kugaragza  ko  abagore n’abakobwa  bari mu bahohoterwa cyane kurush abagabo.

Bamwe mu batuye mu karere ka Bugesera  bavuga ko koko hakigaragara ihohoterwa rikorerwa abagore  ariko n'abagabo  barahohoterwa. Mujyambere Frederic utuye mu kagari ka Kibungo umurenge wa Ntarama, avuga  ko  hari ingo usanga zirimo amakimbirane n'ihohoterwa  ariko bagerageza  bakabikemura.

Ati'' Abagabo nabo  barahohoterwa  uretse ko inzego  zose zigerageza  zikabakangurira ko nabo kubigaragaza''.

Ibi binavugwa na Karimanzira Vincent nawe utuye muri aka kagari uvuga ko aho bigaragaye bagerageza kubikemura. Ati'' Twasobanukiwe ko niba tugeze mu rugo tutagomba kubana n'abagore nabi , niba wejeje imyaka mugomba kuyisangira wenda aho ntuye nta bihari ariko aho bigaragaye nabyo  ni ukubikemura bitaragera kure.''

Ubwo hatangizwaga  ubukangurambaga bw’iminsi 16 yo kurwanya ihohoterwa  Dr Uwamariya  Valentine  Minisitiri  w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango avuga  ko  abantu  bose  bakwiye guhaguruka  bakarwanya ihohoterwa .

Ati’’ imibare  irazamuka  y’abahohoterwa  ariko n’iy’abana  b’abakobwa  basambanywa  cyane cyane  mu ntara y’I Burasirazuba harimo Nyagatare,Gatsibo ndetse na hano  Bugesera . Rero niyo  mpamvu dusaba  buri munyarwanda  wese aho  ari guhaguruka tukarwanya ihohoterwa.’’

Minisitiri Dr Uwamariya  kandi  avuga  ko imibare  y’abagore  n’abakobwa  ariyo izamuka cyane  kurusha  iy’abagabo. Ati’’ Ntibivuze ko abagabo nabo badahohoterwa  ariko nabo  muri Isange one  stop ntabwo dutandukanya abagabo n’abagore  uwahohotewe nawe arafashwa , nabo rero nibatinyuke babigaragaze usanga  batinya kubigaragaza ko bahohoterwa gusa ntiturabona imibare  igaragaza abagabo  bahohotewe ariko iy’abagore n’abakobwa  niyo iri hejuru cyane’’.

Amakimbira  n'ihohotera bishobora gusenya umuryango

Umuryango wa Nzabonimana Vincent na Nyirakanani Valentine , ni umwe mu miryango yari igiye gusenyerwa  n'amakimbirane yo mu rugo.Nyuma yo guhugurwa na RWAMREC uyu mugabo avuga ko  yiyemeje kureka  amakimbirane  ndetse  anabitangariza  umugore  we ko atazongera  kumuhohotera.

Ati’’ Na bya bindi  byo  gushaka umugore nabikoraga  ku gahato nkamufata ku ngufu, ariko ubu mbere yo  kubikora turabanza tukabitegura  neza tukabiganiraho’’.

Nyirakanani Valentine umugore we avuga ko yari abayeho  nabi  ku buryo igihe cyageze akabura n’amavuta yo kwisiga. Ati’’ Iyo umugabo yinjiraga mu rugo najyaga njya gukingura nkahita nihina mu rugo ngo atankubita urushyi.Yari  yarantereranya  abana akaba ari njye ubitaho nkashaka imyenda nkashaka ibikoresho. Ubu yagiraga isabune ye agendana ku mufuka akayikaraba wenyine ntawayikoraho twe tugacupira’’.

Akomeza agira ati’’ Yageze naho angumisha mu rugo  nta hantu na hamwe njya .Turashimira RWAMREC yaduhaye amahugurwa ku rugendo rw’impinduka. Ubu natwe dusigaye  twifashishwa mu kunga  izindi ngo ujya kumva.

Imibare itangwa na Minisiteri y'uburinganire  n'iterambere ry'umuryango igaragaza ko buri mwaka abangavu  basaga ibihumbi 20 nibo baterwa inda buri mwaka.

UWAMBAYINEMA Marie Jeanne/heza.rw