Rwamagana :Umuvunyi mukuru yasabye abaturage kwirinda gusiragira mu nkiko

Rwamagana :Umuvunyi mukuru  yasabye abaturage kwirinda  gusiragira mu nkiko

Umuvunyi Mukuru Nirere Madeleine yasabye  abatuye  mu murenge  wa Muyumbu mu karere  ka Rwamagana , kwirinda  ibyatuma  basiragira mu nkiko  kandi  ibi  ngo  bikaba  bibahombya kuko bibatwara  amafaranga  yakabaye  abagirira  akamaro mu buzima  bwabo.

Umuvunyi  mukuru  avuga  ko  muri uyu murenge  harimo  ibibazo  byinshi  by'amakimbirane  ashingiye  ku butaka , hakabamo n'ibyagiye mu nkiko kuko  agaciro  k'ubutaka kari hejuru  muri uyu murenge wa Muyumbu, bitewe n'uko hegereye  umujyi wa Kigali.

Agira ati''Ikigaragara  ni ikibazo  cyo kudahinduranya ibyangombwa by'ubutaka  ni ukuvuga  ihererekanyabutaka(mutation)''.Aha niho  Nirere  Madeleine  umuvunyi mukuru, yahereye  asaba  abaturage  kumenya no gusobanukirwa  amategeko , bakirinda  gusiragira mu nkiko kuko  ari bo babihomberamo  amafaranga yakabaye  abagirira akamaro  bakayakoresha  bajya mu manza.

Yagize ati: “Abaturage ntibazi amategeko kuko uzi amategeko ntiwakwemera kwandikwa ku butaka utagurishije… kugira ngo amakimbirane yirindwe haba hagomba gukurikizwa amategeko niba umuntu agurishije agahinduranya n’uwo agurishije, ikindi bakegera ubuyobozi ntibabikore bonyine ubuyobozi bukaba buhari, ikintu bahatanira kujya mu nkiko aho kujya mu buyobozi barangiza babona binaniranye bakabona kuza mu buyobozi kandi ibintu byarangiye.”

Umuvunyi Mukuru kandi yagarutse ku bibazo bijya mu nkiko bikagarurwa mu bunzi, asobanura neza ko ibi bitemewe n’amategeko, icyo urukiko rufasheho umwanzuro kidakwiye kugaruka mu bunzi.

Bahizi  Jean Paul umwe mu baturage wari ufite ikibazo cy’ubutaka aburana na mugenzi we waganiriye  na Muhaziyacu.rw dukesha  iyi nkuru , yavuze ko urubanza rwe rwari rumaze imyaka irindwi   akaba yararuhombeyemo byinshi. Yagize ati “Nashoye amafaranga yenda kugera muri miliyoni 3Frw, kuko nareze mu rukiko rwa mbere rw’ibanze ndatsindwa njurira mu rwa kabiri, nshaka umwunganizi mu mategeko muha ibihumbi 500Frw, amatike nahaga abatangabuhamya, njya mu rukiko rukuru aho hose nitwazaga abatangabuhamya kandi mbategera, byaje kugera aho ngaruka mu bunzi nabwo nsubira mu nkiko z’ibanze nkoresha imyanzuro, hafi miliyoni 3Frw zari zigiye kandi birangiye ntsinzwe.”

Bahizi agira inama  abandi baturage bagenzi be bafitanye ibibazo bikagera ubwo bajya mu nkiko, ko bajya babyirinda  ahubwo bbakabikemura  hakiri kare. Ati: “Njye bimbereye isomo, umuntu wese ufite imanza mbere y’uko ajya mu nkiko yagombye kubanza akicarana n’uwo bafitanye ikibazo ubwabo bakavugana, byabananira bakajya mu nzego z’ibanze ariko rwose inkiko ntabwo ari ibintu by’i Rwanda.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana Mbonyumuvunyi Radjab avuga  ko hari  gahunda  ya komiye  nyobozi  y'akarere  yo kumanuka  bakegera  abaturage , mu rwego  kubakemurira  ibibazo  aho  biri. Yagize ati: “Komite nyobozi mu baturage tureba ahari ibibazo byinshi kurusha ahandi, ahari ibibazo kurusha ahandi nkuko tubibona iyo twakira ibibazo byabo, uko tuza mu nteko z’abaturage uko baza ku karere aha mbere ni Muyumbu, hagakurikiraho Muhazi.”

Abaturage  bo mu murenge  wa Muyumbu  mu karere  ka Rwamagana  ubwo  bari baje gukemurirwa ibibazo byabo. ifoto/Muhaziyacu.rw

Mbonyumuvunyi Radjab Meya w'akarere ka Rwamagana , avuga  ko  gahunda  ya komite nyobozi  mu baturage igamije gukemura ibibazo by'abaturage  aho biri. ifoto/Muhaziyacu.rw

src@muhaziyacu.rw