Muhanga: Nyirabarazana imari ikomeye mu baryi b'akaboga

Muhanga: Nyirabarazana imari ikomeye mu baryi b'akaboga

Mu mudugudu wa Karama  akagari ka Ruli mu murenge wa Shyogwe,  haravugwa  amakuru  y'abagabo  babiri  n'umugore umwe bivugwa  ko batunzwe  no kurya  inyoni ya Nyirabarazana, abandi  bakavuga  ko  bashobora no kuba  bazigurisha hirya no hino mu tubari  two mu mujyi wa Muhanga.

Abatungwa  agatoki  ko batunzwe  n'izi nyoni ubusanzwe  zibera mu gishanga, ni uwitwa Rutayisire  n'umugore  we ndetse n'undi mugabo, aba bombi ngo  bakaba barimukiye muri uyu mudugudu  baturutse mu murenge wa Mugina mu karere ka Kamonyi.

Bamwe mu baturage bo muri uyu mudugudu  babihamirije itangazamakuru ko  aba bantu batega  izi nyoni , bakazibaga bakazirya cyangwa bakazigurisha cyane cyane n'abakora mu birombe by'amatafari.

umwe ati'' Nyirabarazana ni imari ikomeye, uwayiriye avuga ko iryoha cyane kurusha inkoko kuko ngo zigira inyama itukura cyane.Twumva ko hari igura 1000 , 1500 cyangwa n'ibihumbi bibiri. Dufite impungenge  ko izi nyoni zizashira kuko usanga baza kuzitega nyuma  ya sa sita iyo  bahinguye , usanga barimo  hano mu gishanga bazihiga, niba zose bazirya ntitubizi gusa twumva ko banazigurisha mu bajya kuzotsa''.

undi ati'' Iyo unyuze  hafi  y'urugo  rwabo hari icyobo usanga cyuzuyemo amababa yazo aho bazibagiye , yewe hashize ukwezi ubuyobozi  buzimufatanye 2 ndetse  baranazitwika ariko ntituzi niba barabiretse''.

Aba baturage  bavuga ko aba bantu  bakoresha umushipiri bakazirukana  zikakwagwamo , barangiza  ngo bagahita bazica umutwe bakajya kuzibaga.Ku munsi  ngo bashobora no gufata nk'eshanu bitewe n'isoko ryazo  bafite.

Umwe muri aba baturage bivugwa ko zibatunze, yemera ko koko iyi nyoni iryoha ngo kuko n'aho bahoze batuye ku mugina baraziryaga n'abandi baturage. Ati' iyo wazibonye nk'ebyiri ziba zipima nk'ibiro bibiri n'igice. Ntabwo ziboneka buri munsi hari ubwo zibura umuntu agatahira aho.Namenye ubwenge mbona iwacu ku mugina bazirya kandi ntawigeze agira icyo aba''.

Aba baturage ubwo bafatwaga n'abayobozi  b'umudugudu nabo ngo babyiyemereye ko bazirya .

Uwimana Gemma umukuru  w'umudugudu wa Karama mu kagari ka Ruli, avuga  ko aba bagabo babiri n'umugore umwe baturutse ku Mugina bakaza baje gushaka akazi ko guhinga, nyuma bumva ko barya imbwa ariko umwe mu baturage  yarabahamagaye ko hari ikintu barimo kubaga.Ushinzwe amakuru ngo agezeyo asanga ni nyirabarazana barimo kubaga, niko kubimenyesha uyu muyobozi.

Uyu mukuru  w'umudugudu  avuga ko nawe yigiriyeyo  asanga koko bazibaze  abibabajije ntibahakana ko bazirya. Ati'' Natunguwe no kubabaza nti ko numvaga ko murya imbwa none nyirabarazana ije gute, baransubiza ngo imbwa irahenze ntitwayibona ariko nyirabarazana zo turazibona aha mu gishanga ziba zigenda kandi turazirya, ntawe duhatiye kuyirya ariko twe rwose turazirya''.

Akomeza agira ati''Narabaganirije mbereka ko barimo kwangiza ibidukikije ndetse mbabwira ko hari n'itegeko ribihana, mbagira inama yo kubireka cyane ko bihabanye n'umuco wacu  nk'abanyarwanda. Gusa nyuma nakomeje kumva amakuru  ko  batabiretse babikomeje  ariko nabigejeje ku zindi nzego zo mu murenge wacu''.

Uwimana avuga ko kuba  aba  baturage barya izi nyoni abona  batabiterwa  n'ubukene, kuko ngo  bazi gukora bakorera  amafaranga. Ati'' Mbona  atari ubukene bazi guhinga  bahingira amafaranga menshi bashatse inyama bazigura, ahubwo mbona babiterwa n'umuco mubi wo kuzirya bakuye  iyo baturutse''.

Dr Ange Imanishimwe umushakashatsi ku rusobe rw'ibinyabuzima akaba n'umuyobozi nshingwabikorwa  w'umuryango utari uwa Leta ugamije kubungabunga no kwita ku rusobe rw'ibinyabuzima BIOCOOR ( Biodivesity conservation organization)  avuga ko Nyirabarazana zidakwiye kuribwa kuko ari inyamaswa zo mu gasozi ikindi ngo zishobora gutera abantu indwara, kuko ziba zitapimwe.

Ati'' Amategeko y'u Rwanda ndetse n'umuco ntibibyemera.Ikindi nuko izi nyoni ziri mu kaga kandi turazikeneye kuko zikwirakwiza imbuto, zikaba zanakurura ba Mukerarugendo. BIOCOOR iragira abantu inama yo gukomeza kubungabunga urusobe rw'ibinyabuzima, kandi bakirinda kurya inyamaswa zo mu gasozi. Bakibuka ko kubungabunga urusobe rw'ibinyabuzima ari inshingano za buri wese''.

Aba baturage  bahiga Nyirabarazana mu gishanga cya Nyirangari ndetse no mu cya Rugeramigozi, aho zikunze kuba ziri mu milima y'umuceli.