Dufite urwego rukora gatanya ariko nta rwego ruhuza dufite : Mgr Smaragde Mbonyintege

Dufite urwego rukora gatanya ariko nta rwego ruhuza dufite : Mgr Smaragde Mbonyintege

Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi  Musenyeri  Smargde  Mbonyintege , avuga  ko nubwo  umubare w'ingo zitandukana urimo kwiyongera, hakwiye  urwego  ruhuza kurusha urutanya nk'uko byahoze mu muco w'abanyarwanda  ko ababaga  bagiye   gutandukana  bahuzwaga  n'ababyeyi  n'imiryango , biryo umuryango  ntutandukane,  kuko iyo utandukanye ngo nubwo umugore  ariwe  uharenganira  abana  nibo  bahura  n'ingaruka  zikomeye.

Musenyeri  Mbonyintege  avuga  ko abana  birirwa  mu muhanda  n'abajya  mu buraya , iyo uganiriye  nabo  abenshi  ngo bakubwira  ko ababyeyi babo  batandukanye , bityo bakaba barabuze  uburere. Aha ni naho ahera asaba  abubatse ingo kujya  bibuka ko umwana bahawe ari umugisha , ndetse  bakanibuka  amasezerano basezeranye  bajya kubana , bakayetekerezaho  mbere y'uko batandukana.

Agira ati '' iyo dusezeranya  turabigisha twarangiza  tukabaza umugabo  tuti uremera ko Nyirakanaka akubera umugore, ati Ndabyemeye , umugore ati ndabyemeye, iri sezerano  rikorerwa imbere y'Imana  n'abantu twe turaryemera , nta nubwo  ari umuntu ni Imana  yahagennye'''.

Kubwa  Mgr Mbonyintege  ngo igihe abantu bagiranye  ikibazo  ntibakwiye  kwihutira  kujya  mu nkiko bajya gutandukana, ahubwo  bakwiye  kwihutira kujya mu bunzi  ari rwo rwa rwego  tudafite , kuko ngo ubusanzwe  abahuzaga abantu bishingiye ku muco  bari ababyeyi , none ngo uyu munsi  ntibakimenya igihe abana bashakiye. Agira ati ''numva  gahuza  ariyo dukeneye kurusha gatanya .Nk'uko hariho urwego rutanya  rwa Leta , dukwiye  n'urwego  ruhuza rwaba urwa  Leta rwaba urw'abantu  ku giti cyabo rwaba urw'amadini, buriya nubwo  umugore ari we uhuriramo n'ibibazo  kuko ari we ukururukana n'abana ariko ababigwamo ba mbere ni abana. Njye numva nabanza kubunga aho kubatanya''.

kugira ngo urugo rube rwiza abantu babane  neza , Musenyeri Mbonyintege  avuga ko ubusanzwe  haba inyigisho z'abashakanye hakaba n'abazigisha ariko ngo ntahamya  ko zihagije , ahubwo  ngo  zikwiye no kuvugururwa ndetse zikaba zanaherekezwa.Ibi ngo babikora  ku munsi w'umuryango  no ku munsi wa Yubile  zigenda zikorwa z'abashakanye.

Musenyeri  Mbonyintege kandi avuga ko yishimira  kubona umugabo n'umugore babanye neza  ndetse bahangayikishijwe no kurera neza abana babo , gushaka imitungo n'ibyatunga urugo ngo rubeho neza  ntabwo  bikwiye  kubatandukanya  ahubwo bikabahuza. Niba umugabo ashaka  gushaka imitungo  ntakamubere inzitizi , niba umugore ashaka gushaka amafaranga, ushaka iterambere akabikora ariko yibuka  ko afite umugabo  babyaranye abana  ndetse  basezeranye.

ikindi ngo nuko abantu  igihe  bavuga iterambere ry'abashakanye  badakwiye  kurishingira  ku  mitungo  ahubwo ngo barishingire  no ku mubano , no ku muco  no ku kuri.

mu mwaka wa 2019 , imiryango  8941 mu Rwanda  yemerewe n'inkiko gutandukana nk'uko bigaragazwa na raporo  y'Ikigo  cy'Igihugu  gishinzwe ibarurishamibare (NISR).Ni imibare yzamutse cyane kuko muri 2018  hari hatanzwe  gatanya  1133 ni ukuvuga ko zikubye incu6.8.

UWAMBAYINEMA Marie Jeanne/heza.rw