I Paris: Bane baregeye indishyi mu rubanza rwa Muhayimana

I Paris: Bane  baregeye indishyi mu rubanza rwa Muhayimana

Mu rubanza   rw’umunyarwanda  ufite ubwenegihugu  bw’u Bufaransa  Muhayimana  Claude , uregwa  ubufatanyacyaha  n’ibyaha  byibasiye inyoko  muntu, rurimo  kubera  i Paris mu Rukiko rwa Rubanda (cour d’Assise), kuri  uyu  wa  mbere  tariki ya 29 ugushyingo 2021  humviswe abatangabuhamya  barokotse  jenoside  yakorewe  Abatutsi,  baregera  indishyi baturutse  mu karere  ka Karongi,  aho  Muhayimana  aregwa  kuba  yaratwaraga  interahamwe  kujya  kwica  Abatutsi  mu bice bya Bisesero, Gitwa na Karongi.

Ni abatangabuhamya bane barimo abagabo batatu n’umugore umwe , batatu bahamagajwe  n’urukiko undi umwe yahamagajwe n’ishyirahamwe riharanira inyungu z’abahohotewe ryo  mu Bufaransa, CPCR.

Mbere yo gutanga ubuhamya bwabo bamenyeshejwe ko kubera ko baregera indishyi z’akababaro batarahira nk’abandi batangabuhamya, ariko basabwa kuvugisha ukuri.

Umwe  mu baregera  indishyi  wahawe izina rya  Kalisa,  wari  utuye  mu Bisesero ahiciwe umugore we n’abana 10 ndetse  n’abandi barenga 80 bo mu muryango we, yavuze  ko  Muhayimana Claude yakunze  gutwara  interahamwe ,yanagize uruhare mu kwica. Abajijwe  n’umucamanza niba we ubwe yariboneye Muhayimana cyangwa yamubwiwe n’abandi, uyu Kalisa yavuze ko yamwiboneye  atwaye imodoka ya Dayihatsu  y’ubururu, kandi ko mbere ya jenoside yatwaraga akamodoka gatukura.

Agira ati’’Imodoka zari nyinhi harimo dayihatsu , bisi n’izindi abari bazitwaye hari abo twamenyemo , Muhayimana nari nsanzwe muzi uyu uri hano ni we ,mbere ya Jenoside yatwaraga akamodoka k’umutuku yagize uruhare mu gutwara interahamwe no mu bwicanyi’’.

Umucamanza yongeye kumubaza niba yari asanzwe aziranye na Claude, niba yaranamwiboneye atwaye imodoka. Kalisa ati’’ Ntitwari incuti ntibyari na ngombwa kumenyana, ariko iwacu iyo imodoka itambutse baravuga ngo ni iya nyanaka , yari ayitwaye yanavagamo.’’

Undi  mutangabuhamya nawe uregera indishyi muri uru rubanza wahawe izina rya Munyankindi avuga ko bishe umuvandimwe  we  wo kwa se wabo , umurambo  we bakawutwara mu modoka  ku Kibuye kandi ngo  uyu muvandimwe  we  yari aziranye na Claude . Agira ati ‘’ uwo muvandimwe wanjye yari  azi  Muhayimana,  ubwo  bazaga mu  bitero  yaramumenye arabitubwira. Umurambo we bawushyize mu modoka, bawutwara ku Kibuye ubuyobozi  bwari bwawubatumye ngo babagororere , nkaba nzi ko Muhayimana yari mu bazanaga abaje  mu bitero mu modoka.Niyo mpamvu naregeye  indishyi muri uru rubanza’’.

undi  munyarwanda  wumviswe  muri  uru  banza  ni  umuturage uvuka  ahahoze  ari Komini  Gitesi  muri  Segiteri  Rubazo , avuga  ko  ku itariki ya 8 bahunne bahunganye n’inka zabo ndetse n’ibizabatunga. Baje kumva  k’umusozi  wa Gitwa bari  bahungiyeho  haguye umujandarume, uwo  munsi  ngo  bagize  ubwoba  budasanzwe ndetse  ngo haje igitero  cy’abasirikare gusa kuva sa yine kugeza  sa cyenda  babarasa amasasu menshi aha hanagwa abantu  benshi.

Nyuma yo  kuva Gitwa ngo acitse interahamwe yahungiye mu Bisesero aho yageze abasirikare b’abafaransa babizza ko bazagaruka kubarinda ariko ngo  aho zibasigiye interahamwe zabishemo abatari bake. Ati’’ buri munsi twarapfushaga kubera ibitero ariko ku itariki 26 Mata I Gitwa na 15 Gicurasi , Bisesero hapfuye ababarirwa mu bihumbi’’.

Abajijwe na Perezida w’urukiko uko  yamenye urubanza rwa Muhayimana , uyu mutangabuhamya yasubije ko yarwumvise ko ruzaba mu itangazamakuru akumva ahavugwa ari  aho yahungiye. Ati’’ Mfite ibikomere kuko nakutse amenyo Gitwa haguye mama umbyara n’abana 3 tuvukana, ku itariki 26 kamena nibwo namenye ko nasigaye njyenyine’’.

Abatangabuhamya baregera indishyi bumviswe kuri uyu wa mbere tariki ya 29 ugushyingo 2021, ni  bane aba bose bakaba  baregera indishyi , nubwo mbere yo  gutanga ubuhamya batabanje kurahira kuko baregera indishyi, ariko basabwa kuvugisha ukuri.

Claude Muhayimana  ashinjwa ibyaha  by’ubufatanyacyaha n’inyoko  muntu  ibyaha  yakoreye  mu yahoze  ari perefegitura ya  Kibuye ubu ni mu karere ka Karongi.

Uwambayinema marie  Jeanne/heza.rw.