Minisitiri Gatabazi yatunze agatoki ibishobora gutiza umurindi ruswa

Minisitiri  Gatabazi yatunze agatoki ibishobora  gutiza umurindi ruswa

 Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu Gatabazi Jean Marie Vianney, yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze, ndetse n’abanyamadini bo mu ntara y’Amajyefo,  kwita ku bibazo by’abaturage bakabikemura, kandi bakihatira kubaha serivise nziza batabasiragije mu ngendo, kuko  gusiragira usanga ari nabyo bivamo gutanga ruswa.

Ibi  yabivugiye mu nama  mpuzabikorwa  y’abayobozi mu ntara   y’Amajyepfo, iyi ikaba ihuza  abayobozi b’inzego z’ibanze, abayobora  amadini n’amatorero, hamwe  n’abandi bayobozi  batanga  serivisi  z’ubuzima.

Minisitiri  Gatabazi akaba yasabye  aba bayobozi kumenya  ko babereyeho  abaturage , bityo bakwiye kubaha  serivise  bakeneye, igihe baje  babagana aho gukomeza  kubasiragiza.

Ati’’serivise nta nubwo zireba  gusa  abakozi ba Leta, no mu bigenga batanga serivisi.Muri banki batanga serivisi, padiri atanga serivisi, pasiteri atanga serivisi  umucuruzi runaka hari abaturage baba bamukeneye baje kurangura, cyangwa baje  guhaha  nubwo haba harimo kwikorera ariko atanga serivisi, nibareke gusiragiza umuturage serivisi yaje ashaka ayibone.’’

Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu Gatabazi kandi yakomeje  akebura  abatanga serivisi mu nzego  za Leta. Ati’’ Mu rwego rwa Leta  hari  serivisi zikenerwa  cyane nk’ibyangombwa by’ubutaka,ibyangombwa  byo kubaka, ibyangombwa abaturage  baba  bakeneye mu buzima  bwabo bwa buri munsi. Ikigaragara  nuko abaturage basiragizwa, serivise yagombaga kubona uyu munsi akazayibona ukwezi gutaha, kandi iyo hashize ukwezi utarabona serivise washakaga kandi wari ufite gahunda zo kwiteza imbere, icyo gihe biba  byapfuye. Niyo mpamvu twasabaga abayobozi b’uturere n’ab’imirenge kujya  bamenya abo bantu baje, kuko n’ibyo RGB igaragaza baba bakoze ubushakashatsi.’’

Mukangarambe Chritsine umukuru w’umudugudu wa Marembo mu murenge wa Kibirizi mu karere ka Gisagara, avuga ko umuyobozi ufite aho ahurira n’abaturage akamwima  serivisi cyangwa akamwaka ruswa, aba adakunda abo ashinzwe.

Ati’’Kudatanga serivise nziza ni imyumvire, hari uvuga ati njyewe uyu muturage nzamuha serivise agize icyo ampa.Umuturage niba agusanze mukemurire ikibazo, mutege amatwi kandi agende anyuzwe’’.

Ibi binavugwa na Kabalisa Arsène umunyamabanga nshingwabikorwa  w’umurenge wa Karama  mu karere ka Huye, uvuga  ko abatanga  serivisi  mbi bijyana n’uburere buke bahawe  ndetse no gushaka gukira  vuba.

Agira ati’’Ubundi umuntu wahawe uburere ntiyakabaye yiba igihugu cye , ntiyakabaye ahemukira abaturage  b’Igihugu, ariko ni no gushaka gukira  vuba, kandi gukira  na byo  bitazaramba uwashaka yavuga ko ari inda nini cyangwa ari inda mbi’’.

Icyegeranyo cyasohotse mu mwaka wa 2021 cy’urwego rw’Igihugu rw’imiyoborere RGB, rugaragaza  ko uturere 3 two muri iyi ntara twaje mu myanya  ya  nyuma mu gutanga  serivise mu nzego z’ibanze. Akarere ka Kamonyi kakaba karabaye aka nyuma n’amanota 61,8%, kakabanzirizwa n’aka  Muhanga gafite 61,5%, na ko kakaba karabanjirijwe n’aka Ruhango gafite amanota 64,9%.

 Min. Gatabazi Jean Marie Vianney yasabye abayobozi kumenya  ko  babereyeho abaturage .

Busabizwa Parfait umunyamabanga nshingwabikorwa w'intara y'Amajyepfo.