Nyanza:Abahinzi bakorera mu gishanga cya Mwogo gikunze kwibasirwa n’ibiza barasaba ko cyatunganywa.

Nyanza:Abahinzi bakorera mu gishanga cya Mwogo gikunze kwibasirwa n’ibiza  barasaba ko cyatunganywa.

Bamwe mu bahinzi bakorera  mu gishanga cya Mwogo giherereye hagati y’imirenge ya Nyagisozi na Rwabicuma  yo mu karere ka Nyanza, barasaba ubuyobozi ko iki gishanga  cyatungwanywa  neza bityo  bigatuma bashobora guhinga  ibihembwe  bitatu, dore ko n’igihe cy’imvura  usanga imyaka  yabo  itwarwa n’amazi kubera imigende idakoze neza bikabatura mu gihombo.

Umwe mu bahinzi baganiriye na Radio Huguka dukesha iyi nkuru, avuga  ko bahereye mu mwaka wa 2016 basaba  ubuyobozi  ko cyabatunganyiriza  iki gishanga  ariko kugeza n’ubu kikaba kitarakorwa.

Ati’’ N’ubuyobozi bw’intara bwigeze kuza tubabwira ikibazo cy’iki gishanga, mu mpeshyi ho nta kintu duhinga kandi abantu bose barabizi ko mu mpeshyi ari igihe cy’imboga. Abaturage bose barakivuga kandi n’ubuyobozi  duhora tukibagezaho  bakatubwira ngo baracyabyigaho’’.

Undi muturage nawe  ati’’Iyo imvura iguye ari nyinshi kubera ya migezi mito iba yuzuye,imicanga iraza ikuzura ikajya hejuru y’imyaka yacu ,wenda  dukorewe ubuvugizi Leta ikagira icyo ikora  kigatunganywa  byadufasha’’.

Ku ruhande rw’ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza Ntazinda  Erasme umuyobozi wako, avuga ko kuri ubu amafaranga  yo  gutunganya  iki gishanga yabonetse.Ati’’Icyizere dufite uyu munsi n’uko amafaranga  yo kugitunganya yabonetse RAB yarayabonye ni imishinga dukora dufatanyije RAB, aho mperukira kuvugana nabo bambwiraga  ko kiri muri gahunda y’ibizatunganywa kandi muri banki y’isi amafaranga yari yabonetse.Turakomeza kubikurikirana kuko natwe ni ibintu biduhangayikishije’’.

Meya Ntazinda Erasme avuga ko RAB yamubwiye ko yamaze kubona amafaranga  yo gutunganya igishanga cya Mwogo.

Iki gishanga cya Mwogo gikunze guhingwamo  ibigori, ibijumba ndetse n’ibishyimbo. Abahinzi bavuga ko kiramutse gitunganyijwe neza cyabafasha  no  kubona uko bahinga  ibihingwa  bikunze guhingwa mu gihe cy’impeshyi, kuko baba babonye uburyo bwo kujya babivomerera.

Akarere ka Nyanza gatanga icyizere ko igishanga cya Mwogo kizatunganwa mu minsi ya vuba, mu gihe Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi(Minagri)ivuga ko yihaye gahunda yo gukomeza gutunganya  ibishanga no kongera ubuso buvomerwa bukava kuri hegitari ibihumbi mirongo itanu(50.000)bukagera kuri hegitari ibihumbi ijana(100.000).Ni mu gihe impuguke z’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku biribwa ku isi (FA0) zivuga ko mu mwaka wa 2025 nta nzara yaba ikirangwa muri Afurika, haramutse hashyizwe imbaraga mu gutunganya ibishanga bikajya  bihingwa no mu gihe cy’izuba.

UWAMBAYINEMA Marie Jeanne/heza.rw