Ruhango: Bahangayikishijwe n'abajura biyoberanya bakitwaza ibipfurumba by'amafaranga

Ruhango: Bahangayikishijwe  n'abajura  biyoberanya bakitwaza ibipfurumba by'amafaranga

Bamwe  mu batuye mu mujyi wa Ruhango  batangarije Tv1 ko bahangayikishijwe  n'abajura  b'abatekamutwe  baza biyoberanyije , bagata ibipfunyika bisa n'ibirimo  amafaranga, bakabijugunya  imbere y'umuntu  kugira ngo  agitoragure  babone  uko bamwiba utwo yari afite twose.

Abaganiriye na TV1 dukesha iyi nkuru  barimo n'umwalimu  wambuwe na  bo  bavuze  ko  aba bambuzi bamaze kuba  benshi muri uyu mujyi, akaba ari nayo mpamvu basaba ubuyobozi  n'inzego z'umutekano kubafasha aba bantu.

Ati'' Uba urimo kwigendera  ukabona umuntu araje ataye igipfurumba imbere yawe agakomeza akagenda, undi agahita aza akakubwira ngo ngwino tujye kuyagabana, wahagera bakagufatanya bakakwambura  ibintu byose ufite. Njyewe byambayeho umuntu yaraje aragita muhamagaye undi araza arambuza  ati ngwino mukwereke tuyamuhe  uriya ndamuzi, twarahageze banyaka telefoni nini nari mfite, nari mfite ibihumbi 50 n'agakapu byose barabinyambura barabijyana''.

undi ati'' njyewe  narimo nigendera mu muhanda mbona mu ikoti ry'uwari imbere yanjye havuyemo igipfunyika cy'amafaranga undi musore  ahita yiruka aza kuyafata ,nti ese ko utwaye amafaranga y'abandi ati ceceka  ahubwo ngwino tuyagabane  hariya hirya narahageze baranteranira  banyaka telefoni n'ibihumbi 20 nari mfite. Bansigiye inkweto zonyine  na zo ahari nuko babonye ko zishaje''.

Umuvugizi  wa polisi mu ntara y'Amajyepfo SP Kanamugire Theobald yabwiye tv1 ko iki kibazo kigiye gukurikiranwa. Agira inama abaturage  batuye cyangwa abagenda mu mujyi wa Ruhango kwirinda kuvugana  n'aba bantu baba bataye iki gipfurumba  cy'amafaranga. Abayabonye bavuga  ko kiba kizengurukijwe inoti ya 500 hejuru n'iya bitanu, bityo uyabonye ngo akabona ari  amafaranga menshi atari mu nsi y'ibihumbi 300.

Abamaze kumenya  aba bantu barimo n'abamotari ngo iyo bagerageje gucira isiri abaturage aba bambuzi ngo barahindukira bakaza kubatera amabuye. 

Kugeza ubu  ngo aba bambuzi bakunze kuba  bari  ku muhanda  uva  kuri REG berekeza  kuri  SACCO, ndetse n'umuhanda  uturuka ku munini kugera  ahitwa  mu Gatengezi ku muhanda ugana i Kinazi.Bakunze no kugaragara ku masoko manini  yo mu mirenge y'aka karere.

src;TV1