Abasaga 400 bagiye kuvanwa mu bukene

Abasaga 400 bagiye  kuvanwa mu bukene

Ingabire  Marie Assumpta umunyamabanga wa leta ushinzwe  imibereho myiza  muri Minisiteri  y'ubutegetsi bw'Igihugu, yatangaje ko  abaturage basaga ibihumbi 400 mu Rwanda, babaga  mu bukene  bagiye  kubuvanwamo mu gihe  cy'imyaka ibiri  binyuze  muri  gahunda  zikomatanyijwe zisanzwe ziriho, zigamije kuzamura umuturage  ukennye.

Ibi yabitangarije mu nama  yabereye  mu ntara y'Amajyepfo  ihuje  abayobozi  b'inzego  zitandukanye  muri iyi ntara.

Ingabire  avuga  ko  hari  gahunda  zisanzweho zari zarashyizweho  na Leta  zije kuzamura  abaturage  bakennye, ari  nazo  zizagumaho ariko umuturage  akajya  azihabwa  zose  zikomatanyije, kugira  ngo byihute mu kumukura  mu bukene.

Ati''Umuryango byagaragaye ko ukennye uzajya uhabwa inka ya girinka imufashe kubona ifumbire, ahabwe akazi muri VUP, abana be bafashwe kwiga abakuru bigishwe imyuga, za gahunda  zose tuzimuhurizeho noneho tmukurikirane  muri ya myaka ibiri abe avuye mu bukene ariko hazajya habaho n'undi mwaka  wo kumukurirana  ngo adasubira inyuma , noneho azamuke dufate abandi nabo bakiri mu bukene''.

umuyobozi  w'intara  y'Amajyepfo  Kayitesi  Alice avuga  ko iyi  gahunda  izatuma  abaturage biteza imbere  bityo ntibahore bateze  ko Leta ibafasha. Ati'' Niba adafite inzu tukaba twayimuhaye, akaba yahawe inka abana be barimo kwiga  bizamufasha kwiteza imbere ntawe usigaye mu rugo, ndetse binakureho cya kintu cy'abajyaga mu itangazamakuru bavuga ko bakennye , badafite aho baba.Ahubwo umuturage nawe azajya asinya ko izi gahunda  ahawe mu myaka ibiri zigiye kumuzamura  akava mu bukene aho guhora  ahanze amaso abaza kumufasha''.

Muri iyi nama kandi Umunyamabanga  wa Leta yasabye  abayobora  inganda na koperative, kugira  uruhare  mu gufasha abaturage kuzamuka bakava mu bukene.

Ntamabyariro  Jean de Dieu uyobora koperative  y'abahinzi borozi ba Makera IABM mu karere ka Muhanga, avuga ko ubusanzwe  bajyaga babikora bagakangurira abahinzi  babo kujya bizigama, igihe bahembewe umusaruro  wabo.Kuri ubu ngo bagiye kongera  kubishyiramo imbaraga.

ati'' Kimwe mu bituma  abaturage bakennye batazamuka haba harimo n'imyumvire no kutagira  ubumenyi bwo gucunga ibyo yahwe.Akumva ko niba ari mu cyiciro cya mbere yakwigumiraho ntazamuke .Turabafitemo bake bari mu cya mbere n'icya kabiri ariko ubu tugiye kubafasha tujye tubagira  inama bahigire kuzamuka''.

Iyi gahunda  yo gukura abaturage mu bukene hifashishijwe gahunda  zikomatanyije, yizeweho  kuzamura

abasaga 400 bari mu bukene.

Kayitesi Alice guverineri w'intara y'Amajyepfo, avuga ko izi gahunda  zizazamura abaturage bakava mu bukene

Inama yari yitabiriwe n'abayobozi batandukanye mu ntara y'amajyepfo

Marie Jeanne UWAMBAYINEMA / heza.rw