Gisagara: Barasaba ko ababyeyi babyaye abana bafite ubumuga bajya bahabwa amahugurwa yo kubitaho.

Gisagara: Barasaba ko ababyeyi babyaye abana  bafite ubumuga  bajya bahabwa  amahugurwa  yo kubitaho.

Mu gikorwa  cyo gutanga ibyifuzo  abana bifuza ko byashyirwa  mu ngengo y’imari y’umwaka utaha, bamwe mu bana  bahagarariye abandi mu karere ka Gisagara, bavuze ko bifuza ko ababyeyi   babyaye abana bafite ubumuga , bajya bahabwa amahugurwa yo  kubitaho n’uko bakwiye  kubafata  kuko hari ubwo babahohotera bitewe  no  kutagira ubumenyi bw’uko babarera.

Umubyeyi Emerence umwanditsi wa komite y’abana  bo muri aka  karere ,avuga  ko hari ubwo  usanga abana bafite ubumuga  bafashwe nabi  mu miryango yabo, ahanini bitewe  n’ubumenyi  bucye aba babyeyi  bafite  bw’uburyo  bafata aba bana.

Hari ababyeyi babiterwa  n’ubukene  n’ubushobozi buke ariko na Leta  ngo ikwiye  kujya  ibafasha ikabitaho.

Ati’’Turasaba ubuyobozi ko bwajya buhugura ababyeyi  bafite abana bafite ubumuga,ababyeyi bakamenya uburenganzira  bukwiye bw’aba bana kuko hari abatabajyana ku ishuri, hari abigira mu mirimo yabo bakaza kubitaho barangije imirimo yabo mbese 50% by’ababyeyi bafite mwene aba bana usanga batabitaho pe babafata nabi, bababwira amagambo mabi kandi abakomeretsa,kuko hari n’abatajya mu ishuri.’’

Byiringiro Christian we avuga  ko nk’uko usanga abihayimana baba bazi  uburyo bwo gufasha abana   bafite ubumuga , bakabagirira  impuhwe  bitewe n’ubumenyi bafite,  ari nayo mpamvu aba  babyeyi bakwiye  kugenerwa igihe bagafashwa  mu mahugurwa.

Ati’’Hari abantu baba  bazi ko umwana ufite ubumuga ntacyo ashoboye  bakamufata  nk’udafite agaciro , no kwiga  bakumva ko ntabyo bashoboye  kandi nyamara  bariya bana barashoboye icya mbere  icyizere bakwiye kugihabwa n’ababyeyi baba bababyaye, niba umwana akura  ababyeyi batamuha agaciro  nawe azumva  ko ntacyo  ashoboye.’’

Byiringiro akomeza agira ati’’ Birakwiye  ko  aba babyeyi bajya  bigishwa  bagahuriza  hamwe  bakaganirizwa  uko uwabyaye umwana ufite ubumuga  amufata, uko amuba hafi , kumwihangania n’uko yamufasha mu bibazo  bye‘’.

Ku ruhande rw’ubuyobozi  bw’akarere  ka Gisagara  Sukuma  Muhizi Siméon umuyobozi w’ishami ry’imiyoborere  mu karere  ka Gisagara, avuga  ko  iki cyifuzo cy’aba   bana gifite  ishingiro kuko  hakiri  ikibazo  cy’ababyeyi  bagifite  imyumvire  mibi ku bana bafite ubumuga.

Kuri ubu ngo  bagiye kubarura  abana  bose bafite ubumuga  bafite  ibibazo  bituruka  ku babyeyi  nibamara  kubamenya  aba babyeyi bazaganirizwa.

Ati’’kubera  ko dufite  gahunda y’ishuri ry’umuco na tubagororere mu muryango mu karere bidufasha kubaka umuryango nyarwanda,n’iyi gahunda nayo tuzayinjizamo tumenye ibibazo byabo, ababyeyi  tujye tubaganiriza  haba mu mugoroba  w’imiryango , inama zo mu mudugudu niho bizakemurirwa , kuko icyari kigoye ni ukubamenya nitumara  kubamenya gukemura iki kibazo biratworoheye kuko bashobora  no kubabuza kwiga kandi sibyo’’.

Uyu  muyobozi kandi avuga  ko mbere  bari bafite ikibazo cy’ababyeyi bahezaga abana bafite  ubumuga  mu nzu ntibasohoke, kuri ubu iki kibazo  ngo cyarakemutse  nta bana bagifungiranwa  mu nzu, kuba iki kibazo  ngo cyarakemutse  n’ibindi bisigaye  bizakemuka  kuko muri aka karere hari umukozi ushinzwe  gukurikirana  ibibazo by’abafite  ubumuga.

Mu karere ka Gisagara kandi hari ikigo cyita ku bana bafite ubumuga aya ngo akaba ari amahirwe ababyeyi bakwiye kubyaza umusaruro , bagafasha abana kujya ku ishuri nubwo aba bana bavuze ko hari abatajyayo kubera kubura amikoro. Bakaba basaba ko ubuyobozi bwajya bufasha mwene aba bana cyane abavuka mu miryango ikennye dore ko hari abo bigora kubabonera insimburangingo kuko ziba zihenze .

Jeanne@heza.rw