Habaye impinduka mu buyobozi bw'Ingabo z'u Rwanda

Habaye impinduka  mu buyobozi  bw'Ingabo z'u Rwanda

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, akaba n’umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda, yakoze  impinduka mu buyobozi bw'ingabo  z'Igihugu aho bamwe  bahinduriwe  imirimo bari bafite.

Itangazo ry’Ibiro bya Perezida wa Repubulika rivuga ko Juvenal Marizamunda yagizwe Minisitiri w’Ingabo asimbuye Major General Albert Murasira.

Marizamunda Juvenal yahoze ari umusirikare muri 2014 aza kwimurirwa muri Polisi y’u Rwanda, icyo gihe yari afite ipeti rya Lieutenant Colonel.

Yabaye Umuyobozi wungirije wa Polisi y’Igihugu ushinzwe abakozi n’imiyoborere nyuma agirwa Umuyobozi w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS).

Lt Gen Mubarakh Muganga yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda umwanya yasimbuyeho Gen Jean Bosco Kazura, wagiye kuri uyu mwanya mu 2019.

Maj Gen Vincent Nyakarundi wari Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubutasi bwa Gisirikare yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka.

Lt General Mubarak Muganga yagizwe umugaba mukuru w'ingabo z'igihugu

Juvenal Marizamunda  yagizwe  Minisitiri w'ingabo z'Igihugu