U Rwanda rwakiriye inama mpuzamahanga yiga ku guhuriza hamwe amabwiriza y’ubuziranenge bw’ibicuruzwa

U Rwanda rwakiriye  inama  mpuzamahanga yiga ku guhuriza hamwe  amabwiriza  y’ubuziranenge bw’ibicuruzwa

Kuri uyu  wa  mbere  tariki ya  6 Gashyantare  2022, u Rwanda  rwakiriye  inama ya gatatu mpuzamahanga  yahurije  hamwe  ibihugu 6 byo muri  Afurika, hagamijwe  kureba  uko  amabwiriza  y’ubuziranenge  mu bucuruzi  bwambukiranya imipaka, yahurizwa  hamwe ndetse  no gushyiraho ibyemezo  by’ubuziranenge buhuriweho,  mu rwego  rwo  korohereza  ubu bucuruzi  .

Umunyamabanga mukuru w’ihuriro ry’ibigo bishinzwe ubuziranenge muri Afurika  ARSO umuryango  washinzwe  n’ubumwe  bw’u Burayi mu 1977 , hagamije  gushyiraho  uburyo  bumwe  bwo  gushyiraho  ibyemezo  by’ubuziranenge, Dr. Hermogène  Nsengimana ,  avuga  ko  harimo  gutegurwa  inyandiko y’amabwiriza  ahuriweho (Document), izajya  ifasha  ibicuruzwa  kugera  ku isoko ariko  bitongeye  gupimwa  ubuziranenge  mu gihugu  bigiye  gucururizwamo.

Ati’’ iyo  document izatuma hongerwa  ubushobozi  ku rwego  rw’Ibihugu mu  gupima  ubuziranenge, ndetse n’ubwizerane  hagati  y’Ibihugu  by’Afurika  bukiyongera . Nk’ubu dufite  ibihugu 6 nibyemera  gusinya kuri iyo document bizatuma  igicuruzwa  kiva mu Rwanda  kijye  gucuruzwa  muri Ghana , muri Afurika y’Epfo,  muri  Nijeriya, nta rindi  suzuma  ry’ubuziranenge  bwongeye  kubaho. Ibi rero  bizatuma  izo  bariyeri  ku mipaka  y’ibihugu  zivaho,  kandi  burya ni nabyo  bituma  ibicuruzwa  bihenda. Ndetse bizatuma  habaho  ubwizerane  mu bihugu  by’Afurika bitume imibare y’ibicuruzwa  hagati  y’ibihugu  yiyongera.’’

Dr Nsengimana  kandi  akomeza  avuga  ko mu bushakashatsi  bakoze  mu mwaka  wa 2020 bafatanyije  n’ibigo by’ubuziranenge , bwagaragaje  ko  48,3% by’Ibihugu  by’Afurika  bidafite ibigo  by’ ubuziranenge  bifite  ubushobozi  buhagije ,  ku buryo  ibicuruzwa  byava mu gihugu  kimwe  bikajya mu kindi  kikemerwa kitongeye  gukorerwa  isuzumwa. Ibi  bikaba  ari na kimwe  mu bikoma  mu nkokora ubucuruzi  hagati  y’ibihugu by’Afurika

Ati’’  Ikindi  gikomeye  ni  uguhuriza  hamwe  abantu  bashinzwe  ubuziranenge , atari ibigo by’ubuziranenge  gusa  ahubwo  n’abashinzwe  amategeko, twarabibonye  mu bihugu byinshi  ntibicara  ngo bakorere  inama hamwe bavuge ngo iri tegeko twarishingira  kuri iki, kandi  iyo  bahuye  bakaganira  ibigo bishinzwe  ubuziranenge  n’abashinzwe amategeko ,  bituma  itegeko  rishyizweho  ryubahirizwa  mu bihugu  byose,  ni byiza  ko mu bantu bateraniye  hano  harimo  abantu bashinzwe  ayo mategeko ndetse n’ibigo  by’ubuziranenge’’.

Umuyobozi  mukuru w’ikigo cy’Igihugu gishinzwe  ubuziranenge RSB Dr  Raymond  Murenzi, avuga  ko  ikibazo  kiri ku rwego  rw’Afurika  ari ikibazo  cy’ubushobozi  bw’ibigo  by’ubuziranenge, ariko u Rwanda  ruriteguye  kuko runafite  laboratwari  zemewe  ku rwego  mpuzamahanga.

Ati’’ Dufite ubushobozi  bwo  gupima  ndetse  dutanga  ibirango by’ubuziranenge byemewe  ku rwego  mpuzamahanga , kuko  birasuzumwa  incuro  2 buri mwaka. Abikorera  bariteguye   buri mwaka  twakira  abantu bari hagati ya 100 na 150  by’abasaba icyangombwa  cy’ubuziranenge, ibyo  rero  biduha  icyizere  ko umubare  ukomeza  kwiyongera  kandi natwe  turahari ngo tubafashe’’.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda Richard Niwenshuti, avuga  ko  kuba  abantu  bahuriza  hamwe  amabwiriza  y’ubuziranenge, ari ingenzi cyane  mu kongera  ubucuruzi  bwambukiranya  imipaka,  cyane  cyane  ku mugabane  w’Afurika  kuko  ukiri hasi ugereranyije   n’indi migabane.

Ati’’ Uyu munsi  ubucuruzi  hagati  y’ibihugu by’Afurika  buri  kuri  16%, wareba nk’umugabane  w’Amerika  n’u Burayi  ugasanga  bari  kuri 60 na 70% , ugasanga  rero  bikwiye  ko  ibihugu  byicara  bikareba  uko bwakora  amabwiriza  bwahurizaho  y’ubuziranenge, ni ikintu  gikwiye  gutuma  dukanguka  cyane  ibihugu  bikanubahana  kugira ngo  hongerwe  ubucuruzi  bwambukiranya imipaka hagati y’Ibihugu’’.

Ikigo  cy’Igihugu  cy’ubuziranenge  RSB gitangaza  ko Ibicuruzwa 750 byo mu Rwanda,   bimaze kubona ibirango by’ubuziranenge byoherezwa hirya no hino ku Isi harimo n’ibihugu byo ku mugabane wa Afurika.

Minisiteri  y’ubucuruzi  ikomeza gushishikariza  abikorera  kubyaza  umusaruro  aya mahirwe  bafite, kuko ikigo cy’igihugu  cy’u Rwanda  gihagaze  neza haba mu karere ndetse  no mu bindi bihugu. Iyi  nama irimo kubera  mu Rwanda  yitabiriwe  n’ibihugu  6 biteganyijwe  ko izamara iminsi 6.

Dr Hermogène Nsengimana umjyobozi wa ARSO avuga ko harimo gutegurwa inyndiko y'amabwiriza ahuriweho izafasha ibicuruzwa kugera ku isoko bitongeye gupimwa

Dr Raymond Murenzi umuyobozi wa RSB avuga ko u Rwanda  nta kibazo cy’ubuziranenge rufite ,kuko rukoresha ibirango byemewe ku rwego mpuzamahanga rubikesha gukoresha laboratwari zemewe.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y'ubucuruzi Richard Niyonshuti, asanga ibihugu by'Afurika bikwiye gukanguka.

Inama yitabiriwe n'abaturutse mu bihugu 6 byo ku mugabane w'Afurika.

Marie  Jeanne  UWAMBAYINEMA/heza.rw