Minisitiri Bayisenge yatanze icyizere cyo kongera amarerero

Minisitiri Bayisenge yatanze icyizere cyo kongera amarerero

Ku munsi wa 2 w'inama y'umushyikirano umwe mu baturage  bo mu karere ka Gicumbi, yagaragaje akamaro k'amarerero ariko agaragaza ko  akiri make cyane mu karere kabo, maze asaba ko yakongerwa.

Minisitiri w'uburinganire n'iterambere ry'umuryango , Prof Bayisenge Jeannette yavuze  ko barimo gukomeza gushyiramo  imbaraga ngo amarerero yiyongere, kuko byagaragaye ko abana bagiye mu  marerero bagira  uburere n'ubumenyi  bitandukanye  n'abana birirwa mu ngo bakazerera  aho batuye aho banashobora guhurira  n'ababahohotera.

Ati'' Iyo umwana yagiye muri ariya marerero niyo yagenda  akirirwa  yikinira gusa  bigaragara ko hari ikintu bikangura ku bwonko bw'umwana. Imbaraga zirimo gushyirwamo ni ukongerera ubumenyi abantu bayakoramo(care givers) ariko kandi tunareba  uburyo twagenda  tuva  mu ngo z'abaturage kuko byagiye bigaragara ko akorera  mu ngo hagiye habamo imbogamizi, nk'abana bafite ubumuga ugasanga babuze ubwiherero  kuko umuturage  atabwubatse''.

Akomeza agira ati'' Hari amafaranga make yabonetse twavuganye na minisiteri y'uburezi uko twakubaka amarerero nk'uko  twagize amahirwe  hakubakwa ibyumba  by'amashuri ibihumbi 20 mu gihe gito, tuzubaka andi marerero nibura kuri buri kagari ribe rihari, ariko tugende tuva mu marerero yo mu ngo.Nubwo amafaranga ari make ariko tuzafatanya n'abaturage''.

Kugeza ubu mu Rwanda hari amarerero y'abana bato ni ibihumbi mirongo itatu n'amagana arindwi n'arindwi.(3707) 70% z'aya marerero akaba ari ingo mbonezamikurire (home based ECD)