Gisagara: Kwitunganyiriza igishanga byabafashije kurwanya ibiza byabatwariraga imyaka

Gisagara: Kwitunganyiriza igishanga byabafashije kurwanya ibiza byabatwariraga imyaka

Abatuye mu murenge wa Gishubi mu karere  ka Gisagara, bahinga mu gishanga  cy’akanyaru  bavuga ko  kwishyira  hamwe bakitunganyiriza igishanga, byatumye nta myaka yabo  igitwarwa  n’amazi  nk’uko byari bisanzwe bigenda.

Abaganiriye na Radiyo Rwanda  dukesha iyi nkuru  bavuze  ko ibi byatumye  bahora  bafite ibishyimbo , ibigori  ndetse  n’indi myaka, kuko bahinga  ibihembwe  byose  by’ihinga.

Umwe ati’’Iki gishanga  twakigiriragamo ibyago  imvura yaragwaga  amazi agatwara imyaka  yose twahinze. Mu gihe cy’icyi  abandi  badasarura cyangwa  badahinga, twebwe tuba  duhinga igihe cyose  tuba  duhingamo  nta nzara  ubu dufite ‘’.

Undi ati’’ Ubu dufite ibishyimbo  turanitse .Nta muntu  muri uyu mudugudu udafite inka kuko iyo twejeje ibigori duhita tugura  inka  hari n’abamaze  kugura  amagare na moto.Gutunganya iki gishanga  byatumye  imyaka  yacu  yera  neza  twiteza imbere, twashyizemo ingarane turagerageza kugira ngo umwuzure utadutwarira imyaka , kandi no mu gihe cy’imvura tuba dukoramo imiganda tugasibura  kugira  ngo  imilima  n’imyaka  bitagenda’’.

Ku ruhande  rw’ubuyobozi  bw’akarere  ka Gisagara  Rutaburingoga  Jerome umuyobozi  wako, avuga ko  kuri  ubu bafashe  ingamba  zo gutunganya ibishanga nk'inzira yo  kubafasha  guhangana n’amapfa  aterwa  n’ihindagurika  ry’ikirere.

Ati’’Mu by’ukuri Gisagara birashoboka  ko twaba ikigega  cy’intara  y’amajyepfo  cy’ibiribwa, ibigori, umuceli n’ibishyimbo, uko  dukomeza gutunganya ibishanga bizatuma  tuba n’ikigega  cy’Igihugu  ku biribwa. Hakaba hari gahunda  zo gukomeza gutunganya ibishanga  nk’igishanga cya Giseke  ku bufatanye na Minagri, turakomeza tuvugane  kugira  ngo turebe ko cyatunganywa , turebe  ko  twakomeza kubona umusaruro uhagije. Icyo dusaba abaturage  nuko  bakomeza gukora  ibyo  bashoboye ariko tugakomeza kubona umusaruro’’.

Iki gishanga cy’akanyaru  gihingwamo  n’abaturage  bo  mu mirenge itandatu y’aka karere.

UWAMBAYINEMA Marie  Jeanne/heza.rw