Muhanga : Abatuye mu murenge wa Rongi barifuza ishuri ry'imyuga

Muhanga : Abatuye mu murenge wa Rongi  barifuza  ishuri ry'imyuga

Bamwe mu batuye mu murenge wa Rongi mu karere ka Muhanga, bavuga ko bakeneye ishuri  ry'imyuga bakabona aho abana babo biga,kuko kutagira  iri shuri  bituma  hari abana bagikora  urugendo rurerure bajya kwiga imyuga mu yindi mirenge.

Abaganiriye  na Radiyo Huguka dukesha iyi nkuru , ni abo mu kagari ka Gasharu  bavuga ko  nubwo mu murenge wa Kiyumba  baturanye hubatswe ishuri  ry'imyuga , ariko ritasubije  ikibazo cy'abashaka kwiga imyuga, akaba ari nayo  mpamvu  bifuza ko no mu murenge wabo wa Rongi hakubakwa irindi  shuri, bityo bigatuma urubyiruko rwabo rubona icyo gukora  n'aka gace ka Ndiza  kagatera imbere.

Umuyobozi  wungirije  ushinzwe  iterambere ry'ubukungu mu karere ka Muhanga Bizimana Eric yatangarije Radio Huguka  ko kuba  aba baturage  bifuza ishuri ry'imyuga  ari byiza, ko riramutse rihari byatuma  urubyiruko rubona icyo rukora  bityo bikabarinda ibishuko  kwishora mu ngeso mbi, zirimo  n' ibiyobyabwenge. Icyakora ngo  iki ni ikibazo cyo gutekerezwaho  mu gutegura ingengo y'imari.

Leta y'u Rwanda yihaye intego y'uko uburezi bushingiye ku myuga, tekiniki n’ubumenyingiro,  mu mwaka wa 2024 byibuze abagera kuri 60% by’abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye bazaba biga mu y’imyuga, ni mu gihe kuri ubu umubare w’abiga muri ayo mashuri ari 31%.

Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, akaba aherutse kugaragaza mu kwezi gushize  kwa munani k’uyu mwaka, ko Guverinoma ifite intego yo kubaka byibuze ishuri rimwe muri buri murenge, nk’uko bikubiye muri gahunda yayo yo kwihutisha iterambere rirambye (NST1).