Muhanga: Aborojwe inka bahamya ko baciye ukubiri no kugura ifumbire n'amata

Muhanga: Aborojwe inka bahamya  ko baciye ukubiri  no kugura  ifumbire  n'amata

Bamwe  mu  batuye  mu murenge  wa Rongi  mu karere  ka Muhanga, bari  mu cyiciro  cya  mbere  n’icya  kabiri  cy’ubudehe, borojwe   inka ku  mu nsi  mpuzamahanga w’ibiribwa, bavuga  ko  izi  nka  zigiye  kubakura  mu bukene bari  bamazemo  igihe zibaha  ifumbire  abandi  zikabaha  amata.

Nsabiyeze  Gabrièl umusaza  w’imyaka  70 wo mu mudugudu  wa  Rukoma mu kagari ka  Ruhango umurenge  wa Rongi  mu karere  ka  Muhanga, abarizwa  mu cyiciro  cya  mbere .Avuga  ko yagorwaga  no  kubona  ifumbire yo  guhingisha  akalima  gato  afite , ibyatumye  ashaka umuntu  aragirira  inka  kugira  ngo nawe  abone  icyo afumbiza. Kuri ubu  ibyishimo  ni byose  kuko yabonye  inka  ye  ndetse  bakayimuha inahaka.

Ati’’ Nagiraga  ikibazo  cyo  guhinga  sinsarure  kubera  kudahingisha ifumbire. Bampaye inka  yanjye ihaka kandi  ifite  agaciro  k’ibihumbi 400 hatarimo inyana  yo mu nda. Ndishimye  ubu nubwo njye  ntashoboye  kuyahirira  ariko mfite  umugore  n’umwana bazayitaho. Ubundi  nimara  kubyara  nkitura  nzagerageza iyo ibyaye  ninyigurisha  nguremo akandi kalima kanyegereye’’.

Haragirimana  Emerithe  utuye  mu mudugudu  wa Bureramana,  avuga  ko  yahawe inka  kubera  ko  aba  mu cyiciro  cya  kabiri cy’ubudehe, akaba  atishoboye kuko nta sambu  agira. Icyakora  ngo  yari atunzwe no kwatisha  imilima  agahinga. yahoraga  yifuza korora nk’abandi kugeza ubwo  abisaba  Imana mu isengesho  ndetse anavuga ko nayibona azajya kuyishima  mu rusengero.

Ati’’ sinabona  icyo mvuga  ariko iyi nka izahindura  byinshi  mu buzima  bwacu. Natishaga imilima  nkajya no kugura  ifumbire. Ifumbire  irahenze  cyane  inaha kuko ntabwo  hari inka nyinshi  cyane kandi  tugakunda guhinga ku buso bunini , mbese ugasanga  twese turayishaka turi benshi  kandi abafite inka  ari bake  bigatuma  ihenda. Ubu rero  ifumbire  ndayibonye sinzongera  kuyigura ndetse  nzaba  mbonye  amata yo kunywa n’abana banjye’’.

Uwiragiye  Forodeta wo mu mudugudu wa Muyebe nawe  wahawe  inka  yavuze ko  yajyaga  yifuza  amata yo  kunywa  akayabura, ndetse  n’abana  yabyaye  yabona  amafaranga  akayagura  ariko akabona  atabahagije. Usibye  kuba izamuteza  imbere  n’umuryango  we  ngo  yiteze ko izanamuvana  mu cyiciro  cya kabiri  cy’ubudehe  arimo akajya mu cya 3.

Ati’’Mba  mu cyiciro  cy’abatishoboye  kuko  ndi umukene  nubwo mfite  umugabo,  ariko twari dukennye iyi  nka  izadufasha  kuva  mu cyiciro  twari turimo  natwe  tujye  mu kisumbuyeho, kuko tugiye  guhinga  tweze ‘’.

Ubwo yifatanyaga  n’abatuye  mu karere ka  Muhanga mu birori  byo kwizihiza  umunsi mpuzamahanga  w’ibiribwa, Dr  Mukeshimana  Gerardine  Minisitiri w’ubuhinzi  n’ubworozi , yasabye  abaturage  gukomeza  guharanira  ko ubuhinzi  n’ubworozi  bakora , byababyarira  umusaruro  mwiza. Agira ati’’Nka minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, abo dufatanya  n’ubuyobozi  bw’akarere , tuzagumya  kubaba  hafi muri gahunda  zose  dusanzwe dukoranamo  yaba  iza  girinka n’iz’amatungo  magufi, ubuhinzi  buteye imbere. Umugabo  n’umugore  bagomba  kuba  bari hamwe , inka  ikaba  iy’umuryango  ntabwo  ari iy’umugabo  wenyine..’’

Dr Mukeshimana Gerardine  Minisitiri w'ubuhinzi  n'ubworozi, yasabye  abagabo kumva ko inka atari izabo ahubwo  inka  ari iy'umuryango

Ubuyobozi  bw’akarere  ka  Muhanga  buvuga  ko  kuri uyu munsi  abaturage  bahawe inka  ari 31, bose bakaba ari abatishoboye  babarizwa mu cyiciro cya 2 n’icya mbere.

Nsabiyeze  w'imyaka 70 yashimishijwe no kuba  abonye inka ubundi  yajyaga aragir iz'abandi

Uwiragiye  FLodette ngo atandukanye  no kongera kugura amata y'abana

Haragirimana  Emeritha  wajyaga ahingisha  ifumbire  aguze, atandukanye no kongera kuyigura

Marie  Jeanne UWAMBAYINEMA /heza.rw