Umutangabuhamya mu rubanza rwa Kabuga yavuze ko ibiganiro byanyuzwaga kuri RTLM ari byo byatumye akora Jenoside

Umutangabuhamya mu rubanza rwa Kabuga yavuze ko ibiganiro byanyuzwaga kuri RTLM ari byo byatumye akora Jenoside

Kuri uyu wa kabiri  tariki ya 15 ugushyingo mu rubanza rwa Kabuga  Felesiyani  umutangabuhamya KAB006 wagize  uruhare  muri  Jenoside yakorewe  Abatutsi mu 1994, ndetse  akaba yaranakatiwe imyaka 30 y'igifungo, yabwiye  urukiko  ko  ibiganiro  byanyuraga kuri  Radiyo RTLM , Kabuga ashinjwa kugira uruhare mu ishingwa ryayo, ari byo  byatumye  agira imyitwarire mibi  mu gihe cya Jenoside  ndetse  akajya  no kwica Abatutsi. Ibiganiro  byanyuraga  kuri RTLM byakorwaga na Kantano  ngo  byababwiraga uburyo  Abatutsi  ari babi , ndetse ko  ari bo  bishe uwari perezida w'Igihugu  bityo  ko na bo  bazabica.

Uyu mutangabuhamya  wumviswe hifashishijwe ikoranabuhanga akaba yari ari Arusha muri Tanzaniya, yavuze  ko yari umunyamuryango wa MRND n'interahamwe. Akaba   yarakundaga kumva  cyane ibiganiro byatambukaga kuri Radiyo RTLM, bishishikariza impuzamugambi  n'interahamwe  kujya kwica Abatutsi  ndetse  nawe akaba yaragiye kwica Abatutsi abishishikarijwe n'ibi biganiro.

Yakomeje abwira urukiko  ko ubwo Jenoside yatangiraga afatanyije  na bagenzi  be  ngo  bapakiye  intwaro  mu modoka  za Kabuga zikaba zari zivuye i Goma zizanywe  na Kabuga, ndetse ngo izi ntwaro  gakondo akaba ari na zo  zakoreshejwe hicwa Abatutsi i Gisenyi , yahamije  ko  nawe afatanyije na bagenzi  be b'interahamwe  bishe  Abatutsi  aho  abagore  n'abana biciwe kuri  komini rouge imodoka  za Kabuga zikaba zarakoreshejwe  mu gutwara  imirambo  y'abari  bamaze kwicwa.

Uyu  mutangabuhamya kandi  yavuze  ko  yapakiye  intwaro za  zagisirikare , nk'imbunda karacinikov , na gerenade. Ubwe kandi  ngo yiboneye Kabuga  ari mu modoka ya Mercedes benz  aparitse mu kigo cya gisirikare  i Gisenyi, ndetse  anaha imodoka 2 uwari umuyobozi  w'interahamwe muri  Gisenyi, imwe ya Toyota Mitsubishi n'indi ya Hiace kandi  izi  modoka  ngo  zikaba zarakoreshejwe   mu gutwara ababaga bamaze kwicwa.

Uyu mutangabuhamya  yavuze ko yaherukaga  kubona Kabuga ubwo bari mu nkambi ya Mugunga, ubwo Kabuga  yari yerekeje i Goma aho yari agiye gufata indege yerekeza muri Kenya.

Uyu mutangabuhamya  wumviswe  uyu munsi  ntabwo  ari we wagombaga kumvwa uyu munsi , ibi bikaba byatewe nuko uwari watangiye kumvwa ku wa kabiri  w'icyumweru gishize atari ameze neza.

UWAMBAYINEMA Marie Jeanne/heza.rw