Muhanga-Nyarusange : Urubyiruko rurasabwa kwamagana abapfobya Jenoside n’abagikwirakwiza ingengabitekerezo yayo bifashishije ikoranabuhanga.

Muhanga-Nyarusange : Urubyiruko rurasabwa kwamagana abapfobya  Jenoside n’abagikwirakwiza  ingengabitekerezo yayo  bifashishije  ikoranabuhanga.

Mu  gikorwa  cyo  kwibuka  ku ncuro ya  28  abazize  Jenoside  yakorewe  Abatutsi  mu 1994 , urubyiruko  rwasabwe  guhashya  no  kwamagana  abapfobya  Jenoside bari  hanze y’Igihugu, bakaba  bayikwirakwiza  bifashishije  ikoranabuhanga .

Dusengiyumva  Samuel  Umunyamabanga  uhoraho  muri  minisiteri  y’ubutegetsi  bw’Igihugu,  avuga  ko  urwango  rwabibwe  kuva  kera, rugashyigikirwa  kugeza  ubwo  rugejeje  abanyarwanda kuri jenoside  yatumye  benshi  baba  imfubyi abandi bakaba  abapfakazi  bikageza  no  ku bikomere  bizafata  igihe  kugira ngo  bikire.

Ati'' Twebwe  Abanyarwanda  nitwe  tuzi ikiguzi  cy’amacakubiri , nitwe  twakumva neza  ko ari inshingano yacu kuba  umwe, kuba  umwe  niyo mahitamo  dufite  yonyine,  ariko  ni nawo musingi  w’ejo hazaza h’igihugu cyacu  ndetse n’abadukomokaho barimo  uru rubyiruko mwabonye  uyu munsi  hano ’’.

Samuel Dusengiyumva umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y'ubutegetsi bw'Igihu(Minaloc)

Uyu muyobozi  kandi akomeza avuga  ko mu kwibuka  kuri iyi ncuro  ya 28,  ari ukwibuka ariko hanazirikanwa  ko abayiteguye  bakanayishyira  mu bikorwa  bakomeje umugambi  wabo wo kuyipfobya  no kuyirwanya, bakabikora  bifashishije uburyo butandukanye cyane cyane  imbuga  nkoranyambaga,  bakwiza  ibihuha  birimo  ipfunwe  bafite  ko hari abarokotse ,   n'uko  ibyo  bakoze  bivugwa  kuko babikoze  ku manywa  y’ihangu, ndetse  bagasebya  n’ubuyobozi  bw’Iihugu ugira  ngo  bayobye bamwe  mu barokotse babasubize inyuma….

Agira ati''Dufite  inshingano  rero  yo  kubahashya  tugomba  kubahashya' dukoresheje uburyo  bwose dufite,  harimo  n’ izo mbuga    bakoresha . Ariko icyo twakwishimira  n'uko tuzi neza  ko tuzatsinda,  kuko imbaraga  zirahari kandi  jenoside  iyo  ngiyo  bashaka gupfobya  yabaye izuba riva. Burya  ibitekerezo  bibi  byabo bizatsindwa  n’imbaraga  nshya  z’urubyiruko ari rwo mwebwe  twabonye imbaraga mufite.’’

Akomeza agira ati’’Ni mwebwe mizero y’Igihugu cyacu, ni mwebwe   mbaraga zacu iyo  tubareba twumva  dufite imbaraga  kandi  n’Igihugu cyacu kibatezeho imbaraga. Ni umwanya  wo kuzirikana  inshingano dufite yo gufatanya   mu kubaka igihugu cyacu, ni umwanya  wo kwibukiranya  ko uyu munsi  ari twe igihugu  gifite kandi  ko dufatanyije  tugashyira hamwe  nta cyatunanira ’’.

Nzabamwita Jean  Baptiste umwe  mu barokotse  Jenoside wo  mu kagari ka Ngaru, muri uyu murenge wa Nyarusange, avuga  ko bagerageza  kwigisha  urubyiruko amateka  y’Igihugu, nubwo  hari abari hanze  y’Igihugu  baba bashaka  kubayobya  ariko ngo ukuri kuravuga  kandi  ngo abantu bamaze kujijuka  no kumenya  ukuri..

Ati’’ umwanya wa nonaha  mu gihugu cyacu abantu bameze neza,  kandi barabyumva ariko ba bandi bahemukiye  Igihugu  bishe abanyarwanda bakaba  bari  hirya  no hino ku isi bakomeza kugenda  bazana  ya ngengabitekerezo ya jenoside bashaka  abayoboke ,n’urwo  rubyiruko bajyanye  rugakomeza gutyo  urumva  nta kuri bafite , barabibwira  bati nimujya  mu Rwanda  murapfa.’’

Akomeza agira ati’’Ariko icyo nabwira abanyarwanda  bari hanze  birirwa  ku mbuga nkoranyambaga  bica abanyarwanda  bababeshya ,bica  abana  babo  nababwira ko babahemukira cyane barimo kubavutsa umudendezo  wabo, barimo kubavutsa ibyiza by’Igihugu  kirimo kiratera imbere umunsi ku wundi,  kandi  abanyarwanda barakomeye  bafite ishyaka ryo kubaka igihugu , umuntu ubeshya igihe kiragera agasigara abura ibyo abeshya’’.

Abaturage  basabwe kandi  gutanga amakuru no kugaragaza  aho imibiri yajugunywe , kuko  hari benshi bishwe  muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, kugeza ubu bakaba bataraboneka ngo bashyingurwe mu cyubahiro, abandi bakaba barajugunywe mu mugezi wa Nyabarongo. Urwibutso rw’abazize  Jenoside rwa Nyarusange rushyinguyemo  abantu1677.

Umuyobozi w'akarere  ka Muhanga  Kayitare  Jaqueline 

Bamwe mu bagize inteko ishinga amategeko bari baje kwifatanya  n'abaturage bo mu karere ka Muhanga, mu gikorwa cyo kwibuka Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 i Nyarusange.

Jeanne@heza.rw