Amajyepfo : Guverineri Kayitesi yagaragaje uko igitondo cy'isuku cyahinduye imyumvire y'abaturage

Amajyepfo : Guverineri Kayitesi yagaragaje uko igitondo cy'isuku cyahinduye imyumvire y'abaturage

Umunsi wo ku wa kabiri mu gitondo , ni umunsi  wahariwe isuku  aho  abaturage n'abayobozi  bahura  bagafata  amasaha abiri  bakora  isuku ahantu runaka haba hateguwe , ni umunsi  rusange mu ntara yose y'Amajyepfo kuri ubu igitondo cy'isuku kimaze amezi arindwi  guitangijwe kandi  gikora  mu ntara y'Amajyepfo.

Guverineri  Kayitesi  Alice uyobora intara y'Amajyepfo avuga  ko igitondo  cy'isuku  cyahinduye imyumvire y'abaturage, kuko ubu basigaye bazi  akamaro k'isuku, yaba aho  batuye  cyangwa n'aho bakorera.

Ati'' Igitondo  cy'isuku  cyahinduye imyumvire y'abaturage, ubu usigaye usanga hirya no hino  ku mihanda  hari isuku , ubundi wasangaga  ibyatsi byarameze ahantu hose n'aho  abantu batuye  cyangwa  bakorera  hirya no hino  mu masanteri y'ubucuruzi no ku muhanda hari ibigunda none ubu hasigaye hagaragara isuku''

Akomeza agira ati'' Kugira isuku ni urugendo  ariko nibura twishimira ko abaturage  bahinduye imyumvire ubu bakaba batangiye kuyumva no kuyikora.Hari ahantu wasangaga nko kuri santere y’ubucuruzi ahagenewe gushyira imyanda za poubelle ziri inyuma y’aho bakorera wenda hari na za resitora, ibyo byagiye bikurwaho. Kuri ubu  hongerewe poubelle kuri santere z’ubucuruzi ngira ngo mugenda muzibona mu turere twose.”

Ubwo iyi gahunda  yatangizwaga mu karere ka Ruhango Kanyarwanda  Deogratias  umuyobozi  w'abamotari mu karere  ka  Ruhango ,yavuze ko muri  rusange  nta mumotari  ukwiye kurangwa  n'umwanda, kuko uwo ngo  nta  mugenzi  wamutega. Ibi   bituma  abamotari  bahora  bitwararika bakagira  isuku ,icyakora  ngo  bafite  n'inshingano  zo kuyikangurira  abandi. Ati '' Nta  mumotari  ufite umwanda  wabona  umugenzi twebwe bidusaba guhora  dusa neza, icyakora  tugomba  kuyikangurira  abandi  yaba  abagenzi  dutwaye  cyangwa  undi  wese  tubonye  usa nabi.''

Yankurije  Farida  umukuru  w'umudugudu  wa Mujyejuru mu kagari ka Nyamagana ,umurenge  wa Ruhango  we yavugaga ko muri uyu mujyi wa Ruhango hari abaturage usanga  bafite umwanda, abandi ugasanga bagenda bajugunya  imyanda  aho babonye  hose.Uyu mukuru  w'umudugudu avuga  ko  bagiye  kurushaho  gukangurira abaturage  kugira  umuco  w'isuku .Ati ''wasangaga  abantu  bajugunya  imyanda  aho babonye  bose  kandi ubu  dufite  kompanyi  isigaye  iza  gutwara  imyanda mu ngo , ariko si bose bayigiyemo , ubwo  tugiye  kujya  duhura  buri wa kabiri , turizera  ko  abantu  bose  bazaba  bamaze  gusobanukirwa  n'isuku''.

Gahunda yihariye y'Igitondo cy'isuku mu ntara y'Amajyepfo  cyatangiye ku itariki  ya  wa 22 Gashyantare 2022 gitangijwe na  Guverineri Kayitesi  ikaba igamije gufasha abaturage batuye mu  ntara y'Amajyepfo  guca ukubiri n’umwanda , bakimakaza isuku aho batuye n'aho bakorera.

Ubwo guverineri  Kayitesi yatangizaga gahunda yihariye y'igitondo cy'isuku mu ntara y'Amajyepfo

Gahunda y'igitondo cy'isuku ubwo yatangizwaga mu karere ka Ruhango.

Hirya no hino mu mujyi wa Ruhango habaga hari amacupa yahajugunywe.

UWAMBAYINEMA Marie Jeanne/heza.rw